sangiza abandi

APR BBC yitegura imikino ya kamarampaka yasinyishije Maouhamadou Diagne

sangiza abandi

Ikipe ya APR BBC yasinyishije umukinnyi w’umunya-Senegal Maouhamadou Diagne ukina yugarira (Pivot) uheruka kugaragara muri Basketball Africa League 2026, BAL 2026, ari mu ikipe ya FUS Rabat nyuma yuko yari yanayifashije gutwara igikombe cya Shampiyona ya Maroc umwaka ushize.

Amakuru aravuga ko uyu mukinnyi Maouhamadou Diagne wa metero 2.03 yamaze gusinyishwa n’ikipe ya APR BBC mu gice cyose gisigaye ngo Shampiyona irangire kugira ngo azanayifashe by’umwihariko mu mikino ya kamarampaka yegereje.

Maouhamadou Diagne ni umwe mu bakinnyi beza bazi gukina bugarira muri Afurika dore ko n’ubwo ikipe ya FUS Rabat yakiniraga muri BAL 2026 yaviriyemo muri 1/4 ikuwemo na RSSB Tigers yo mu Rwanda, bitakuyeho ko yaje mu ikipe nziza y’irushanwa y’abakinnyi bugarira neza, All-BAL Defensive First Team.

Abandi bakinnyi bari bagize iyi kipe ni Mangok Mathiang wa RSSB Tigers, Mohamed Sadi wa Al Ahly Ly, Aminu Mohamed wa Club Africain na Childe Dundao wa Petro de Luanda.

Kugeza ubu APR BBC ni iya kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona n’amanota 25 mu mikino 13, yatsinze imikino 12, itsindwa umukino 1 gusa yatsinzwemo na RSSB Tigers tariki 1 Werurwe 2026 amanota 89-80.

N’ubwo kugeza ubu APR BBC ari iya kabiri ariko birashoboka ko yarangiza ari iya mbere kuko ikibura imikino 3 ngo irangize imikino yayo ya Shampiyona. Kugira ngo ibyo APR BBC ibigereho, irasabwa byibuze gutsinda imikino 2 mu mikino 3 isigaje.

APR BBC y’umutoza James Edwards Maye Jr isigaje imikino yose ikomeye kuko izahura na REG BBC tariki 15 Nyakanga, ihure na Patriots BBC tariki 17 Nyakanga, hanyuma isoze ihura na RSSB Tigers tariki 24 Nyakanga 2026.

Photos:

[fluentform id="3"]