Ikipe ya APR BBC yatsinze REG BBC amanota 84-78 mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona y’u Rwanda ya basketball mu bagabo, biyiha gufata umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona.
Uyu mukino wari utegerejwe na benshi wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2026 muri Petit Stade i Remera.
REG BBC yatangiye yitwara neza mu gace ka mbere ku mukino itsinda APR BBC amanota 21-20 ndetse ikomeza no kwitwara neza mu gace ka kabiri itsinda amanota 22-17 biyiha kurangiza igice cya mbere cy’umukino iyoboye n’amanota 43-37.
Mu gace ka gatatu ikipe ya REG BBC y’umutoza Odaudu Ogoh yakomeje kwitwara neza itsinda amanota 23-21 biyiha kukarangiza ikiyoboye umukino n’amanota 60-58 n’ubwo bitaje kuyikundira ko isoza umukino ikiyoboye.
Mu gace ka kane, APR BBC yatangiye neza ibona amanota 3 yatsinzwe na Isaiah Briscoe bituma ihita iyobora umukino n’amanota 61-61.
REG BB yongeye kuyobora umukino n’amanota 64-61 nyuma y’amanota abiri yatsinzwe na Kazeneza Emile Galois n’amanota 2 yatsinzwe na Elliot Lamar Cole nyuma y’ikosa yari akorewe na Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson.
Habura iminota 6 n’amasegonda 15 nibwo ikipe ya APR BBC yongeye kuyobora umukino n’ikinyuranyo cy’amanota 3 nyuma y’amanota 3 yatsinzwe na Ndizeye Ndayisaba Dieudonne bigatuma iyi kipe iyobora n’amanota 69-66.
APR BBC ntakosa yongeye gukora ahubwo iyi kipe itozwa na James Edwards Maye Jr yakomeje kuyobora kugeza umukino urangiye ari amanota 84-78.
N’ubwo Furaha Cadeau de Dieu yari yagize umukino mwiza agatsinda REG BBC amanota 23 muri uyu mukino ariko ntibyari bihagije ngo bihe iyi kipe intsinzi muri iri joro.
Ku ruhande rwa APR BBC, Ntore Habimana yatsinze amanota 13, akora rebounds 3, atanga imipira 8 yavuyemo amanota, yambura umupira inshuro 3, akora igihomo kimwe muri uyu mukino, mu gihe Isaiah Briscoe yitwaye neza atsinda amanota 13, akora rebounds 2, atanga imipira 2 yavuyemo amanota ndetse yambura umupira inshuro imwe.
Uyu mukino wabanjirijwe n’undi mukino wahuje EAUR BBC na RSSB Tigers BBC muri Petit Stade.
Muri uyu mukino, RSSB Tigers yitwaye neza itsinda EAUR BBC amanota 107-88 nyuma yo kwitwara neza kwa Zouzoua Nisre Mimi watsinze amanota 19, akora rebound 1, atanga imipira 4 yavuyemo amanota, yiba umupira inshuro imwe ndetse akora igihomo kimwe.
Abandi bakinnyi ba RSSB Tigers bitwaye neza barimo antino alvalezes Jackson watsinze amanota 18, Bizimana Paul watsinze amanota 16 na Hagumitwari Steve watsinze amanota 12.
Ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, nyuma yo gutsinda REG BBC, ikipe ya APR BBC yahise ifata umwanya wa mbere n’amanota 27 mu mikino 14, inganya na Patriots BBC ya kabiri n’amanota 27 mu mikino 15 ariko APR BBC iyiza imbere kuko yayitsindiye.
REG BBC yagumye ku mwanya wa gatatu n’amanota 25 mu mikino 15, mu gihe RSSB Tigers iri ku mwanya wa kane n’amanota 23 mu mikino 13.
Imikino ya Shampiyona y’u Rwanda irakomeza kuri uyu wa 5 tariki 17 Nyakanga 2026, RSSB Tigers ikina na REG BBC saa 18:30 naho Patriots BBC ikina na APR BBC saa 21h00. Biteganyijwe ko iyi mikino yombi izabera muri BK Arena.









