Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya basketball y’abatarengeje imyaka 18 mu bangavu, yitwaye neza itsinda Kenya amanota 77-66 mu mukino wa kabiri w’imikino y’Akarere ka gatanu (5) yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2026 iri kubera i Cairo mu Misiri.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Nyakanga 2026, ikipe y’u Rwanda y’umutoza Munyaneza Joseline yakinnye umukino wayo wa kabiri n’ikipe y’igihugu ya Kenya, nyuma yo gutsindwa umukino wa mbere na Tanzania.
U Rwanda rwabashije kwitwara neza muri uyu mukino rutsinda Kenya amanota 77-66 harimo abakinnyi bane batsinze byibuze hejuru y’amanota 10.
Aba bakinnyi barimo Ingabire Liliane watsinze amanota 22, Gaju Kaylia Chalva watsinze amanota 16, Teta Nicole Kwitonda watsinze amanota 14 na Atete Laissa Ndaruhutse watsinze amanota 10.
Nyuma yo gutsinda uyu mukino, u Rwanda rwahise rufata umwanya wa mbere mu makipe 4 ari gukina muri iki cyiciro n’amanota 3 mbere y’uko amakipe ya Tanzania na Misiri akina umukino wa kabiri.
Amahirwe ya Kenya yo gukomeza yamaze kuyoyoka nyuma yo gutsindwa imikino kuko ikipe ya mbere ariyo izakomeza gusa. Mu cyiciro cy’ingimbi, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yisanze mu itsinda A hamwe na Misiri na Tanzania.
U Rwanda rurakina umukino wa mbere saa 19:30 zo kuri uyu wa gatandatu, aho rutangira ruhura na Tanzania.
Ikipe ya mbere mu bangavu n’ikipe ya mbere mu ngimbi nizo zizabona itike y’Igikombe cya Afurika cya 2026 kizabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire hagati ya tariki 5-16 Kanama 2026.












