sangiza abandi

Cycling: Abanyarwanda bitwaye neza mu irushanwa rya Chantal Biya

sangiza abandi

Ikipe y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare mu misozi (Mountain Bike) yitwaye neza mu irushanwa ryo muri Cameroon ryo gusiganwa mu misozi rizwi nka Grand Prix International VTT Chantal Biya, aho Ntakirutimana Martha yegukanye umudari wa zahabu, Iragena Charlotte yegukana awa feza naho ​Bukhari Banzi yegukana umudari w’umuringa.

Iri siganwa ryabaye ku wa Gatandatu tariki 8 Kanama 2026 aho abasiganwa bakoresheje intera y’ibilometero 11.3 muri Bagofit muri Cameroon. Ni ku nshuro ya gatatu hari habaye iri siganwa mpuzamahanga ryo gusiganwa mu misozi ryitiriwe Chantl Biya, umugore wa Perezida wa Cameroo, Paul Biya.

Umunyarwanda wahatanye mu cyiciro cy’ababigize umwuga ni Bukhari Banzi. Abakinnyi 24 ni bo basiganwe muri iki cyiciro.

Banzi yegukanye umudari w’umuringa w’umwanya wa gatatu arushwa iminota 5 n’amasegonda 33 n’umunya-Maroc Ibrahim Essabahy wabaye uwa mbere na Jurre Van Derpelt wabaye uwa kabiri uturuka mu Buholandi.

Mu cyiciro cy’abagore babigize umwuga hasiganwe abakinnyi 12 birangira bahizwe n’umunyarwandakazi Ntakirutimana Martha wabaye uwa mbere akoresheje iminota 53 n’amasegonda 29, akurikirwa n’undi munyarwanda Iragenda charlotte w’imyaka 20 wabaye uwa kabiri arushwa iminota 4 n’amasegonda 9.

Ni mu gihe umunya-Cameroon Mafoma Rita yabaye uwa gatatu arushwa iminota 10 n’amasegonda 4 na Ntakirutimana wabaye uwa mbere.

​Bukhari Banzi yegukanye umudari w’umwanya wa gatatu
Ntakirutimana Martha yitwaye neza yegukana umudari wa zahabu

Photos:

[fluentform id="3"]