sangiza abandi

Hertier Lulihoshi na Bakari Francois Landry basinyiye Musanze FC

sangiza abandi

Ikipe ya Musanze FC yo mu Ntara y’Amajyaruguru yatangaje ko yasinyishije abakinnyi babiri Hertier Lulihoshi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uyisubiyemo n’umunya-Cameroon Bakari Francois Landry.

Lulihoshi ukina nka myugariro Bakar ukina nka rutahizamu batangajwe nk’abakinnyi bashya ba Musanze FC kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Kanama 2026, aho buri wese yasinye amasezerano y’imyaka ibiri.

Hertier Lulihoshi yongeye gusinyira Musanze FC yaherukagamo muri 2024 avuye mu ikipe ya Prisons Tanzania nyuma y’uko imanutse mu cyiciro cya kabiri muri Shampiyona ya Tanzania.

Bakari Francois Landry we yasinyiye Musanze FC nyuma yo kurangiza amasezerano mu ikipe ya Pamba Jiji FC ikina Shampiyona ya Tanzania.

Aba bakinnyi babiri bashya baje biyongera ku bandi Musanze FC yasinyishije barimo Mugiraneza Frodouard ukina mu kibuga hagati wavuye muri Police FC, Ndayishimiye Edouard usatira anyuze ku mpande na Destin Malanda ukina nka rutahizamu. 

Musanze FC yasoreje ku mwanya wa 10 ku rutonde rwa Shampiyona y’umwaka ushize wa 2025/26, yanongereye amasezerano abakinnyi 4 aribo Mukengere Christian, umuzamu Nsabimana Jead de Dieu batazira Shaulin, Munyurangabo Leonidas Ciriri na Gakwavu Jean Berkimas.

Iyi kipe yanasinyanye amasezerano y’ubufatanye na UB-Fit Gym ikomeje imyitozo yitegura umwaka utaha w’imikino wa 2026/27 hamwe n’umutoza wayo mukuru Ruremesha Emmanuel, yari gutangira Shampiyona ikina na APR FC ariko uyu mukino ukaba waragizwe ikirararane kubera ko APR FC izaba iri mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League.

Musanze FC izatangira Shampiyona ku munsi wa kabiri wayo tariki 11 Nzeri 2026 yakira Kiyovu Sports kuri Sitade Ubworoherane yo mu karere ka Musanze.

Photos:

[fluentform id="3"]