Myugariro w’umunyarwanda Rwatubyaye Abdul yerekeje mu ikipe ya KF Shkëndija Haraçinë 77 ikina icyiciro cya mbere muri Macedonia nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Al-Soqour Club yo muri Libya yari amaze umwaka akinira.
Rwatubyaye ntabwo ari mushya muri Macedonia kuko ahaheruka mu mwaka w’imikino wa 2024/25 ubwo yakiniraga ikipe ya Brera Strumica.
Rwatubyaye yakinnye bwa mbere muri Macedonia mu mwaka w’imikino wa 2020/21 ubwo yajyaga mu ikipe ya FC Shkupi akanatwarana nayo igikombe cya Shampiyona cya 2021/22 avuye muri Colorado Rapids yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Rwatubyaye Abdul ni umwe muri ba myugariro b’Abanyarwanda bazamutse neza, yazamukiye mu ikipe ya Isonga FC mbere yo gukinira APR FC yatwayemo ibikombe bitandukanye nyuma yerekezo muri Rayon Sports aho yafashije iyi kipe kugera mu matsinda ya CAF Confederation Cup ndetse akanatwarana nayo igikombe cya Shampiyona cya 2019 ari nacyo iheruka.
Rwatubyaye yavuye muri Rayon Sports ajya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu ikipe ya Kansas City muri 2019, nyuma ayivamo akinira andi makipe yo muri iki gihugu arimo Colorado Rapids na Switchbakcs FC.
Nyuma Rwatubayaye yagiye muri FC Shkupi muri Macedonia mbere yo kongera kugaruka mu Rwanda akinira Rayon Sports ndetse atwarana nayo igikombe cy’Amahoro cya 2023 itsinze APR FC igitego 1-0, ni nawe wari kapiteni wa Rayon Sports icyo gihe.
Rwatubyaye yavuye muri Rayon Sports asubira gushakira hanze muri Macedonia, ahava ajya gukinira ikipe ya Abu Muslim FC yo muri Afghanistan, ubundi ajya muri Libya mbere yo kongera gusubira muri Macedonia.
Kugeza ubu Rwatubyaye amaze igihe adahamagarwa mu ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi”, gusa ni myugariro wiyambajwe inshuro nyinshi.









