sangiza abandi

REB yasobanuye uburyo bubiri bamenyeramo ko abanyeshuri bakopeye

sangiza abandi


Minisiteri y’uburezi yatangaje ko abanyeshuri 7,188 bakekwaho kugira uruhare mu gukopera ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026.

Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri, Dr. Bahati Bernard, yavuze ko mu igenzura ry’ibizamini bya Leta hagaragara uburyo butandukanye abanyeshuri bashobora gukekwaho cyangwa bagafatwa bakora amakosa ajyanye no gukopera.

Dr. Bahati yavuze ko uburyo bumwe ari ugufatira umunyeshuri mu cyuho, igihe ari gukora ikizamini cya Leta afite ibintu bitemewe.

Ati: “Hari igihe abanyeshuri baba bakora ibizamini bya Leta bakazana ibintu bitemewe, tuvuge bazana impapuro banditseho ibisubizo cyangwa telefoni.”

Yasobanuye ko iyo umunyeshuri afatanwe ibyo bikoresho, hafatwa ibimenyetso ndetse hagakorwa raporo igaragaza ibyabaye, kuko aba atubahirije amabwiriza agenga ibizamini bya Leta.

Ati: “Iyo tumufatanye ibyo bintu aba yazanye, aba atubahirije amabwiriza agenga ikizamini cya Leta. Turabifata ibyo bimenyetso hanyuma tugakora report yabyo.”

Dr. Bahati yavuze ko hari n’ubundi buryo bwo kumenya ko abanyeshuri bashobora kuba barakopiye, bukagaragara mu gihe ibizamini biri gukosorwa.

Yasobanuye ko mu gukosora ibizamini bya Leta hifashishwa abarimu, bakaba bashobora kubona ibisubizo bidasanzwe by’abanyeshuri, bikagaragaza ko hari abashobora kuba barakoresheje uburyo budakurikije amabwiriza.

Ati: “Igihe dukosora ibizamini bya Leta dukorana n’abarimu, uwo mwitozo wo gukosora ibizamini bya Leta unagenda ureba ibintu bidasanzwe bishobora kuba byarabaye mu bizamini.”

Yatanze urugero rw’abanyeshuri benshi bigaragara ko bakoze ikosa rimwe ku kibazo runaka, kandi ibisubizo byabo bikaba bisa.

Ati: “Rya tsinda riba riri hamwe mu gihe bakosora nibwo bagenda babona nk’urugero ukabona nk’abana mu cyumba runaka bose ikibazo kimwe runaka bagihuje kandi bakishe,ugasanga bose basubije kimwe kandi banabyishe.

Amakuru yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi agaragaza ko abantu 7,188 bakekwaho kugira uruhare mu gukopera ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026.

MINEDUC yatangaje ko hagikorwa mu iperereza bityo hakaba hategerejwe kumenyekana umwanzuro uzafatwa ku banyeshuri n’abandi bazaba bagaragayeho amakosa kandi babihanirwe kuko ngo bitazajya byihanganirwa.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]