Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda irakina n’ikipe y’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) mu mukino wa kabiri wo mu itsinda D mu gikombe cya Afurika cya Volleyball mu bagabo kiri kubera i Tunis muri Tunisia.
Uyu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nzeri 2026, uratangira saa 12h00 ku isaha y’i Kigali.
Mu mukino wa mbere wo mu itsinda wabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 15 Nzeri 2026, u Rwanda rwitwaye neza rutsinda Repubulika ya Santarafurika amaseti 3-0 (25-14, 25-9, 25-14).
DR Congo yo ntabwo yitwaye neza kuko yatsinzwe na Cameroon amaseti 3-0 (25-12, 25-21, 25-16).
Ikipe izaba iya mbere muri iri tsinda izahita izamuka muri 1/8 bidasabye ko inyuma mu mikino ya kamarampaka.










