Kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2026, u Rwanda rwakiriye itsinda ry’Abanyarwanda 208 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bifuje gutaha ku bushake . Muri abo biganjemo abagore n’abana .
Aba barenga 200 bagizwe n’imiryango 59 yabaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakaba binjiriye ku mupa uhuza u Rwanda na RDC , La Grande Corniche” , mu karere ka Rubavu .
Kuva muri Mutarama 2025, abanyarwanda barenga 7000 bamaze gutahuka bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Kuva mu mwaka wa 2019 kugeza mu ntangiriro za 2024, imibare y’abatahuka ku bushake bava muri RDC yagiye yerekana ko abagera ku 10,000 kugeza kuri 15,000 batashye ku bushake.
Muri iyi myaka itanu, u Rwanda rwakiriye n’abahoze mu mitwe nka FDLR n’iyindi banyuze mu kigo cya Mutobo, aho bahabwa inyigisho mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe.
Intambara ihuza M23 n’ingabo za leta ya Congo (FARDC) yatumye hari abanyarwanda bari batuye muri Congo batinya bakagaruka mu gihugu, ariko nanone byatumye u Rwanda rwakira impunzi nshya z’Abanye-Congo zisaga 100,000.






