Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Leta ya Congo, ryatangaje ko ingabo za leta, FARDC zifatanyije n’iz’Uburundi, babagabyeho ibitero bakoresheje utudege duto tutagira abapiloti.
Mu itangazo iri huriro ryasohoye kuri uyu wa kabiri tariki ya 19 Kanama 2025, rivuga ko guverinoma ya Congo iri kwica nkana amahame bumvikanyeho ajyanye no guhagarika intambara, yashyizweho umukono ku wa 19 Nyakanga i Doha, muri Qatar.
Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Laurence Kanyuka, yatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bufatanyije n’u Burundi bukomeje gukoresha ‘drones‘ ziswe kamikazi, bugaba ibitero ku hantu hatuye abaturage benshi.
Umuvugizi wa AFC/M23 avuga ko ku wa 18 Kanama 2025, ubutegetsi bwa Kinshasa bwarunze imbunda ziremereye mu bice bitandukanye bya RDC.
Muri ibyo bice birimo Bijombo na Ndondo, ndetse ko ibi byakozwe n’ingabo z’u Burundi.
Hari kandi ibice bya Uvira, Kidoti Gifuni na Rurambo aho byakozwe n’ingabo za leta FARDC, FDLR n’inyeshyamba z’Imbonerakure zo mu Burundi.
Ibindi bice AFC/M23 igarukaho harimo Runiga ,Keshatu ,Gatobwe na Kahololo aho byakozwe na FARDC iri kumwe na Wazalendo .
M23 ishyira mu majwi leta ya Congo kandi ko iri gukoresha abacanshuro, aho nabo bari mu bice bya Uvira na Nzimbira.
Umuvugizi wa AFC/M23 avuga ko icyo bo bashyize imbere ari ukurinda abaturage.
Yagize ati “ AFC/M23 ifite umuhate mu kurinda abaturage no guhagarika ikintu cyose gihungabanya ikiremwamuntu bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”
Ku rundi ruhande, Igisirikare cya RDC nacyo gishinja uyu mutwe kurenga ku gahenge n’ibyo bumvikanye i Doha.
FARDC igaragariza amahanga ko yiyamye ubushotoranyi buhoraho, bw’ibitero bya AFC ifatanya na M23, ku birindiro biri muri Kivu ya Ruguru no muri Kivu y’Amajyepfo.





