APR yatsinze Patriots amanota 73-70, yegukana Igikombe cya Shampiyona ya Basketball ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, mu nshuro 15 imaze kuyegukana. Ihita ibona itike yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa league (BAL) 2025.
Muri iyi mikino Patriots yakinnye idafite William Perry wavunitse mu mukino uheruka, mu gihe APR yo yari ifite abakinnyi bayo bose.
Match yatagiye barushanwaho macye, ariko agace ka mbere karangiye Patriot iyoboye, mu gace ka kabiri APR yatagiranye imbaraga, Aliou Diarra na Axel Mpoyo batangira gutsinda amanota menshi ari nako iyobora umukino. Aka gace yagatsinze ku manota 19 kuri 14 ya Patriots. Igice cya Mbere cyarangiye APR BBC iyoboye umukino n’amanota 36 kuri 33 ya Patriots.
Ikipe y’Ingabo yakomeje gukina neza no mu gace ka gatatu, Ntore Habimana na Isaiah Miller barushaho gutsinda amanota menshi. Patriots ntabwo yari mu mukino neza kuko abakinnyi bayo bazwiho gutsinda amanota menshi nka Ndizeye Dieudonné byabagoye.
Ni mu gihe, Stephaun Branch we yagize amakosa menshi rugikubita, bituma adakina iminota myinshi. Aka gace, Ikipe y’Ingabo yagatsinze ku manota 25-18. Patriots yubuye umutwe mu gace ka nyuma, Ndizeye na Branch bayitsindira amanota, igabanya ikinyuranyo hasigaramo amanota abiri (69-67). Umukino warangiye APR itsinze Patriots amanota 73-70.
Pitchou Manga wa REG yabaye uwugariye neza na Ndizeye Dieudonné wabaye uwatsinze amanota atatu menshi, mu gihe Henry Mwinuka utoza Patriots BBC yabaye umutoza mwiza w’umwaka.
APR yahembwe miliyoni 15 Frw, Patriots ya kabiri ihabwa miliyoni 7,5 Frw mu gihe REG yahawe miliyoni 3,5 Frw. abakinnyi bitwaye neza muri Shampiyona isanzwe (Regular Season), bayobowe na Chadie Bowie wa Kepler wabaye uwahize abandi.







