sangiza abandi

Bugesera : Abantu bane bakurikiranyweho gukora no gucuruza Kanyanga

sangiza abandi

Mu karere ka Bugesera, abantu bane bakurikiranyweho gukora no gucuruza ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga cyahitanye ubuzima bw’abantu 17 .

Aba bakaba bakurikiranywe n’ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo.

Amakuru UMUNOTA wamenye ni uko abakekwaho ibyaha bakurikiranyweho babikoreye mu Mudugudu wa Kavumu, Akagali ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera.

Abaregwa bafashwe n’inzego z’ubutabera  ku itariki ya 02 Gashyantare 2026. Amakuru avuga ko umwe mu baregwa akaba yarayikoraga, akanayiranguza abandi, akagira n’iyo abantu banywera iwe.

Abaturage batandukanye banywereye kanyanga iwe ibatera ikibazo bajyanwa kwa muganga. Hapimwe ibyo abo bantu banyoye basanga birimo ikinyabutabire cyo mu bwoko bwa Methanol.

Abandi baregwa bafatanyije n’uwo wayikoraga harimo abahungu b’uwo mugabo babiri ndetse n’umugore wamuranguriraga kanyanga nawe akayigurisha ku bandi bantu nkuko ubushinjacyaha bubitangaza.

Abaregwa bakekwaho ibyaha birimo icyo gukora ibikorwa byerekeranye n’ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, gitenywa kandi kigahanishwa ingingo ya 11 y’Itegeko n°69/2019 ryo ku wa 8/11/2019 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Icyaha cyo guha umuntu ikintu gishobora kwica cyangwa gushegesha ubuzima; giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 115 y’Itegeko n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]