Aborozi bo mu Mirenge ya Kiramuruzi, Kiziguro, Murambi, Gasange na Muhura, bagemura amata y’inka zabo ku ikusanyirizo rya Koperative ya Murambi Dairy Cooperative Society (MUDACOS), bishimira ko mu gihe bamaze bagemura umukano wabo kuri iyi koperative byabateje imbere.
Koperative ya MUDACOS iherereye mu Murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo, yakira nibura amata angana na litiro 2,500 mu gihe cy’imvura na litiro 1,800 mu gihe cy’izuba, ikaba igizwe n’abanyamuryango bagera ku 194.
Aborozi bagemura kuri iyi koperative, bavuga ko bishimira kuba babona aho bagemura umukamo wabo habegereye, kandi ko bimaze kubateza imbere mu buryo bugaragara. Uyu ni Burora Mathias utuye mu Kagari ka Rubona, mu Murenge wa Kiziguro.
Agira ati: “Ntangira kugemura umukamo wanjye hano ntabwo byari bimeze neza, amata y’inka zange nta soko yari afite ariko nyuma yo kubona iri kusanyirizo ubuzima bwarahindutse, ubu dushobora kwaka inguzanyo mu bigo by’imari bitandukanye kandi tukishyura neza tugakora ibikorwa biduteza imbere.”
Burora akomeza agira inama bagenzi be baborozi, kujya bajyana umukamo wabo ku ikaragiro kuko birimo inyungu nyinshi, akanemeza ko kuhagurira amata, uba utwaye amata yujuje ubuziranenge kuko aba yabanje gupimwa.
Ati: ” Iyo utagemura amata kuri diary ntabwo ibigo by’imari bishobora kuguha inguzanyo bishingiye ku mukamo wawe, ikindi abakeneye kuyagura hano aba yabanje gufatwa ibipimo bitandukanye ku buryo utwara amata yujuje ubuziranenge.”







