sangiza abandi

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byinjije miliyari 14,5 Frw mu minsi 5

sangiza abandi

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byinjirije u Rwanda arenga miliyoni 9$ (asaga miliyari 14,5 Frw), avuye muri toni 8,863 zoherejwe mu mahanga mu minsi itanu gusa, kuva tariki 3-7 Kanama 2026.

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NEB), igaragaza ko mu byoherejwe byinjije menshi harimo ikawa yinjije miliyari zirenga 3 Frw, n’icyayi cyinjije arenga miliyari 2,6 Frw.

Ibindi bikomoka ku buhinzi n’ubworozi byinjirije u Rwanda agatubutse harimo imboga zinjije asaga miliya 1,2 Frw, imbuto zinjije hafi miliyoni 463 Frw, indabo  zinjije miliynoi 58 Frw.

U Rwanda kandi rwohereje hanze umusaruro ukomoka ku matungo, winjije miliyoni 744 Frw mu minsi itanu gusa ndetse n’ibindi bitungwanywa hakoreshejwe ibihingwa bitandukanye.

Umusaruro u Rwanda rwohereza hanze, ujyanwa mu bihugu birimo Ubuholandi, Ubuhinde, Ubufaransa, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Ubwongereza, Sindapuru, Viyetinamu, Leta Zunze Ubumwe za Ammerika n’ibingi bihugu byo muri Afurika.

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byinjije miliyari 14,5 Frw mu minsi 5

Photos:

[fluentform id="3"]