sangiza abandi

Inama ya CHOGM igiye kubera muri Samoa

sangiza abandi

Inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma zigize umuryango Commonwealth ugizwe n’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM), igiye kubera muri Samoa nyuma y’uko iheruka yabereye i Kigali muri 2022.

Minisitiri w’Intebe wa Samoa, Fiame Naomi Mata’afa, abinyujije ku rubuga rwa X yavuze ko ahaye ikaze abanyamuryango ba Commonwealth ndetse yizeye ko iki gikorwa kizagenda neza kandi kigatanga umusaruro.

Yanditse ati“ Duhaye ikaze umuryango wacu wo muri Commonwealth mu rugo. Turi gukora cyane dufatanyije n’itsinda ryo mu bunyamabanga bwa Commonwealth, kandi twizeye ubufasha bw’abafatanyabikorwa bacu n’umuryango wa Commonwealth kugira ngo iki gikorwa kizagende neza, gitange umusaruro, kinagire umwihariko.”

Ibikorwa byo gutegura inama ya CHOGM biratangira kuri uyu wa mbere tariki ya 21 Ukwakira 2024, aho hategerejwe inama y’urubyiruko rwo muri uyu muryango iri bubere mu gace ka Mulinu’u Bay.

Tariki ya 24 Ukwakira hateganyijwe inama y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga izabera muri Taumeasina Island Resort izakurikirwa n’inama ya CHOGM nyirizina izabera muri Tuanaimato Conference Centre, tariki ya 25 Ukwakira 2024.

CHOGM iheruka mu Rwanda Perezida Kagame yatorewe manda y’imyaka ibiri yo kuyobora Commonwealth, asimbuye Boris Johnson wari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]