Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda (UPDF) zahuriye mu nama ya 8 isanzwe ihuza abayobozi b’ingabo zikorera mu bice byegereye umupaka, biyemeza guharanira ko harangwa amahoro.
Iyi nama yabereye i Mbarara muri Uganda, kuri uyu Kane tariki 27 Kanama 2026.
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF), ryari riyobowe na Maj Gen Ruki Karusisi, uyobora Diviziyo ya 5 y’Ingabo z’u Rwanda, ryakiriwe na Maj Gen Paul Muhanguzi, uyobora Diviziyo ya 2 mu Ingabo za Uganda (UPDF), ari kumwe n’abayobozi b’ingabo bamwungirije ndetse n’abandi.
Maj Gen Muhanguzi yahaye ikaze itsinda rya RDF kandi ashimangira ko u Rwanda na Uganda bisangiye ibintu byinshi birenze umupaka ubihuza.
Yagaragaje ko kugira amahoro k’u Rwanda bituma na Uganda iyagira, kandi ko no kugira amahoro kwa Uganda bituma u Rwanda na rwo ruyagira, ashimangira akamaro ko gukomeza guhuza imbaraga mu kubungabunga umutekano w’abaturage baturiye imipaka y’ibihugu byombi.
Maj Gen Muhanguzi yashimiye ko Abagaba b’Ikirenga n’Abagaba Bakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi ku bw’ubuyobozi bwabo bufite icyerekezo ndetse n’imbaraga bakomeje gushyira mu guteza imbere ubumwe, ubufatanye n’umubano mwiza hagati y’u Rwanda na Uganda.
Mugenzi we, Maj Gen Ruki Karusisi yashimangiye ko umupaka uhuriweho n’ibihugu byombi ugomba gukomeza kuba ahantu harangwa n’amahoro, urujya n’uruza rwubahiriza amategeko, ubucuruzi n’ubufatanye, aho kuba isoko y’umutekano muke cyangwa ubwumvikane buke.
Yakomeje avuga ko abayobozi b’ingabo bafite inshingano zo gukomeza inzira z’itumanaho zifunguye, kongera icyizere hagati y’ingabo z’ibihugu byombi, no kureba ko ibibazo bivutse bikemurwa binyuze mu biganiro no guhuza ibikorwa mu buryo bukwiye.
Maj Gen Karusisi yagaragaje kandi ko umubano ukomeye hagati y’u Rwanda na Uganda ari umusingi ukomeye wo kurushaho guteza imbere ubufatanye mu rwego rwa gisirikare.
Iyi nama iri muri gahunda y’inama zikorwa buri gihembwe, zihuriza hamwe abayobozi ba RDF na UPDF bafite imitwe y’ingabo ikorera mu bice byegereye umupaka uhuza ibihugu byombi. Igamije gusuzuma uko umutekano uhagaze, gukemura ibibazo by’umutekano byambukiranya umupaka, gukomeza imikoranire no gushaka ibisubizo birambye ku bibazo bigira ingaruka ku baturage baturiye umupaka.
Mbere yo kuyitangira, amatsinda yombi yifatanyije n’abayobozi b’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage bo mu Murenge wa Kamwezi, mu Karere ka Rukiga, mu gikorwa gihuriweho cyo gutera ibiti.











