sangiza abandi

Kirehe: Abakekwaho gutema insina 200 z’umuturage batawe muri yombi

sangiza abandi

Abaturage batatu barakekwaho gutema urutoki rw’umuhinzi witwa Ntahompagaze Théoneste utuye mu murenge wa Mushikiri mu karere ka Kirehe.

Amakuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12 Ukwakira 2024, avuga ko mu murenge wa Mushikiri akagari ka Bisigara umudugudu w’Umutuzo, abagizi ba nabi batemaguye insina z’umuturage zisaga 200 bazirambika mu murima.

Nyiri umurima witwa Ntahompagaze Théoneste akimara kumenya ko yatemewe insina yahise abimenyesha inzego z’ubuyobozi zitangira iperereza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushikiri, Murenzi Vincent, yatangaje ko iperereza ryagaragaje ko abaturage batanu ari bo bashobora kuba batemye izi nsina, abafashwe batatu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarubuye, mu gihe abandi babiri bagishakishwa.

Uyu muyobozi yasabye abaturage kwirinda urugomo, amakimbirane n’izindi ngeso mbi zibashora mu byaha, abizeza ko ubuyobozi bwiteguye kubafasha gukemura amakimbirane baba bafitanye.

Amakuru yatangajwe n’IGIHE avuga ko amakimbirane y’aba mbombi yaba yaraturutse ku kuba mu cyumweru gishize Ntahompagaze yaratanze amakuru kuri umwe mu bakekwaho gutema insina amushinja kwiba ingurube, dore ko abashinzwe umutekano bagiyeyo bakayisangayo.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]