Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yifatanyije mu muganda n’urubyiruko rurenga ibihumbi bitandatu mu karere ka Gisagara, arusaba kwita ku bidukikije kuko aribwo buryo bwiza bwo kwiyubakira ejo hazaza.
Uyu muganda wihari w’urubyiruko wabaye kuri uyu wa 12 Ukwakira, aho urubyiruko rurenga ibihumbi bitandatu rwateye ibiti mu Murenge wa Kibirizi, Akagari ka Kibirizi, Umudugudu wa Ruhuha, kuri site ya Buzana.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, muri uyu muganda yibukije urubyiruko ko kwita ku bidukikije ari ukwigirira neza, ati” Iyo mwita kuri ibi biti, ni ahazaza hanyu muba mutegura. Ikibazo cy’ibiza bikomoka ku kutita ku bidukukikije, ni amakosa ya muntu ubwe mu bihe byahise, ariko birashoboka kubikosora.’’
Yakomeje arusaba kwitabira buri wese gutera ibiti aho atuye naho yiga, ati” Buri mwana wese, haba mu rugo, ku mashuri, aho dusengera, ni habaho gahunda yo gutera ibiti, ujye utera igiti uzirikana ko kizagutabara kiguha imvura kandi kikurinde umuyaga ndetse gitume n’igihugu cyacu gitoha.’’
Umuyobozi Mukuru wa UNICEF Rwanda, Julianna Lindsey, yavuze ko yishimiye gufatanya na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi n’abandi bafatanyabikorwa muri iki gikorwa cyo gutera ibiti, ndetse yibutsa ko ikibazo cyo kurengera ibidukikije gikeneye ubufatanye bwa buri wese.









