sangiza abandi

MONUSCO yacyuye abanyarwanda bane bari inyeshyamba muri RDC

sangiza abandi

Abanyarwanda bane bahoze ari abarwanyi mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batashye binyuze muri gahunda ya MONUSCO yo kubambura intwaro no kubasubiza mu buzima busanzwe.

Ni itangazo ryatambukijwe ku rubuga rwa X kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Ukwakira, n’Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zizwi nka MONUSCO.

Banditse bati” Binyuze muri gahunda y’ibikorwa bihuriweho bya MONUSCO na gahunda igamije kwambura intwaro, gusubiza mu buzima busanzwe no kugarura umutekano, MONUSCO yasubije mu Rwanda Abanyarwanda bane bahoze ari abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro n’umugore umwe bafitanye isano.”

Bakomeje berekana ko imibare igaragaza ko abahoze ari abarwanyi 76 n’abo mu miryango yabo 40 basubijwe mu Rwanda hagati ya 2023 na 2024.

Mu 1997 Leta y’u Rwanda yashyizeho Komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi yise RDRC, hagamijwe ko bataha bakagira uruhare mu kubaka igihugu cyabo.

Kuva iyi Komisiyo yatangira, u Rwanda rumaze kwakira Abanyarwanda barenga ibihumbi 12 bo mu miryango y’abahoze mu mitwe yitwaje intwaro irwanya Leta, umubare munini ukaba ari uwabahoze ari abarwanyi ba FDLR.

Binyuze muri gahunda yo gucyura abarwanyi no kubambura intwaro yagizwemo uruhare n’Ingabo z’u Rwanda niza RDC, umubare wabo wari waragabanutse ku buryo bufata. Gusa byongeye gusubizwa irudubi n’izamba ry’umubano w’ibi bihugu bibiri, bituma imwe mu mitwe yitwaje intwaro nka FDLR izanzamuka.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]