sangiza abandi

Police VC ibaye Ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship

sangiza abandi

Ikipe ya Police VC yanditse amateka yo kugera ku mukino wa nyuma muri Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball ( CAVB Men’s Club Championship 2026.

Ni nyuma yo gusezerera ikipe ya REG VC zahuriye ku mukino wa 1/2, wabereye muri BK Arena ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Gicurasi 2026.

Uyu mukino wahuje aya makipe yombi ahagarariye u Rwanda, Police VC yawutsinze ku maseti 3-1 ( 25-20, 22-25, 25-17, 25- 21).

Akarusho, Police ihageze itaratsindwa umukino n’umwe kuva iyi mikino yatangira ku wa Gatatu tariki ya 22 Mata 2026, mu nzira itari yoroshye.

Police yari mu itsinda C kumwe n’andi makipe nka Faith Union Sport (FUS Rabat) yo muri Maroc, Kenya Ports Authority ( KPA), Wolaitta Volleyball yo muri Ethiopia, Prisons VC yo muri Tanzania, ndetse na Ghana Army.

Nyuma yo gutsinda aya makipe igasohoka mu itsinda, Police yagiye isezerera amakipe nka Nigeria Customs muri 1/8, ikuramo Kepler VC na yo y’u Rwanda muri 1/4, kugeza isezereye na REG VC.

RRG VC yasezerewe yari yagerageje kuko ntiyatangiye neza itsindwa umukino wabanje, ikosora amakosa itsinda isigaye kugeza igeze muri 1/2.

Si u Rwanda gusa, kuko na Misiri ifite amakipe abiri muri 1/2, ndetse yombi ahura, hakavamo isanga Police VC ku mukino wa nyuma.

Ayo makipe ni Al Ahly na yo itaratsindwa umukino n’umwe, ikaba itaratsindwa iseti n’imwe, ikagira ibikombe byinshi by’iri rushanwa kuruta ayandi yose aho ibitse 16 byose, ndetse na Petrojet VC.

Ni nayo ihabwa amahirwe menshi yo gusanga Police ku mukino wa nyuma zikesurana kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Gicurasi 2026.

U Rwanda rwakiriye iri rushanwa ku nshuro ya mbere, rwari ruhagarariwe n’amakipe ane muri 24 yaryitabiriye, ari yo Police VC, REG VC, APR VC, na Kepler VC.

APR ni yo yasezerewe mbere muri 1/8, itsinzwe na FUS Rabat, Kepler iviramo muri 1/4 itsinzwe na Police VC. Aya makipe aracyakina imikino yo guhatanira imwanya azasorezaho ku rutonde rusange rw’iri rushanwa.

Photos:

[fluentform id="3"]