Muyombo Thomas [Tom Close] na Niyonshuti Ange Tricia bavuze ko bimwe mu byabashoboje mu rushako bamazemo imyaka 12 ari ukuganira ku bibazo bihari no gusangizanya amakuru n’imishinga bafite, banakomoza kuri bimwe mu bibazo bagiriye mu rushako
Ni ubuhamya batanze mu masengesho y’urubyiruko yo gusengera igihugu azwi nka ‘Young Leaders Prayer Breakfash.
Ni amasengesho yitabiriwe n’abarenga 600 biganjemo urubyiruko,abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu ndetse by’umwihariko yari yitabiriwe na Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame.
Aya masengesho yibanze ku gusengera umuryango by’umwihariko ingo zitaramara igihe.
Mu buhamya bwatanzwe na Muyombo Thomas [Tom Close] na Niyonshuti Ange Tricia, bagarutse ku byabafashije mu rugendo rw’urushako bamazemo imyaka 12, bavuga ko kuganira,kumenya ibyo umwe akunda no gupangira hamwe imishinga byabafashije.
Muyombo yanakomoje kuri bimwe bisenya ingo zigishingwa vuba , avuga ko harimo amagambo .
Mu buhamya bwe, yavuze ko bagishaka havuzwe byinshi byavugwaga ku mbuga nkoranyambaga, asaba ko abantu bajya babyitondera kuko biba bigamije gusenya.
Yagize ati “ Rimwe na rimwe ikintu gikunda kubangamira abashakanye, iyo bakiri bato , ni ikintu kiba mu gihe cyo gutegura ubukwe, nyuma y’ubukwe , ni ikintu cy’amagambo. Amagambo rimwe na rimwe avugwa n’inshuti,abavandimwe na rubanda.Rimwe na rimwe aciye abo bantu intege iyo badafite urufatiro rukomeye , bikaviramo amakimbirane.”
Yakomeje agira ati “Twahuye n’imbogamizi tukibana.Buriya imbuga nkoranyambaga zikunze kubangamira ibyamamare, abakina filime,abanyamakuru,abahanzi .Twe tukibana haje inkuru ko twabyaye umuzungu.
Birumvikana ko uwamubyaye afite ahandi yamukuye.Hanyuma banavuga ko twamaze gutandukana, yatwaye imitungo yagiye.Ibyo bintu urumva ko ari ibintu bibi, nge narabisuzuguye rero. Twibagiwe ko twari dufite umuryango ,mu rugo iwabo bakundaga kumubaza kuko iyo abantu bagishaka ,imiryango ibaha umwanya kugira ngo babanze bamenyane,urugo rukomere.
Igihe kimwe bamwe mu babyeyi be baramuhamagara , baramubwira bati ibintu twumva niba mufite ikibazo mwatwegereye, ariko ntituzabone biturika. Uwo munsi bihurirana ko inshuti yange yamampamagaye arambwira ngo hari ibintu nashatse kukubaza , mbura uko mbivuga. Arambaza ngo mbese wowe na Tracia mufitanye ikibazo ? Ndamusobanurira ko nta kibazo dufitanye.
Ku bw’amahirwe ibyo abantu bavugaga hari n’undi bari barabivuzeho ,ndamubwira nti ese wa wundi babivuzeho, urabona atari bya bindi bateruye bakabituzanaho?
Ariko kuko twakomezaga kubibazwa n’abantu benshi. Icyo gihe nakoresheje imbuga nkoranyambaga ,mbivugaho birahagarara.
Yanavuze ikindi kintu gikunze gusenya umuryango ari ikijyanye no kubahiriza igihe .
Kuganira nk’inkingi y’umryango
Myombo Thomas yahishuye ko kuganirira hamwe ku mishinga n’ibindi byose ari inkingi ifasha umuryango gukomera.
Ati “ Ibanga twakoresheje ni uko iby’ibanze tugomba gukora ,tuziganiraho mbere.Ubu imishinga tuzakora muri 2030 turayifite iranditse.Bivuze ngo uyu munsi nubwo waduha nka miliyari eshanu ,dushobora kuzikoresha neza tutazangije kubera ko ntabwo twatekerereje mu bushobozi dufite nonaha. Hari gihe ubona amafaranga , ukabona ikintu kije kihuta, iyo utatekereje ngo nayakoresha iki,ugasanga uyashyize mu kintu uratashye,ugasanga mugenzi wawe nawe yari afite ikindi atekereza, bigakurura amakimbirane”
Uko Tricia yabanje kubangamirwa nuko Tom akora ibintu byinshi
Niyonshuti Ange Tricia yavuze ko umugabo we kubera inshingano nyinshi agira atamuboneraga umwanya bityo bikaba byateza umwuka mubi hagati yabo.
Ati “Uyu mugabo twabanye akora ibintu byinshi. Ari umuhanzi ari n’umuganga. Ngeze mu rugo rero kumwe abagore tujyana n’imigisha, nkihagera aba ahawe umwanya mwiza mu kazi ari nako tubyara bituma umwanya we uba mucye .”
Tracia yavuze ko Tom yahuzaga inshingano z’akazi no mu rugo bigatuma uguhuza kwabo kuba gucye.
Ati “[…] , Akajya agera mu rugo ananiwe ariko kuko yabayeho agerageza gufatira ibintu icyarimwe akajya agera mu rugo ambwira ngo ngwino mu biro, niho ngiye kuba nkorera. Wa mugabo akicara mu biro ahantu mu rugo, akambwira ngo bya biryo byarure uze turire hano.”
Yavuze ko nyuma yo kumenya icyo Tom akunda byarushijeho kumufasha bituma urugo rurushaho kunezerwa ndetse bakajya bafatanya kwita ku muryango.
Niyonshuti Ange Tricia na Muyombo Thomas [Tom Close] bamaranye imyaka 12 bakaba bafitanye abana batanu.
Bombi basezeranye imbere y’Imana ku wa 30 Ugushyingo 2013.






