sangiza abandi

Twitege iki ku makipe afitanye imikoranire na Visit Rwanda muri uyu mwaka w’imikino?

sangiza abandi

Umwaka w’imikino wa 2026-2027 wamaze gutangira ndetse n’imikino ya Shampiyona yaratangiye mu bihugu bitandukanye.

Amakipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, Bayern Munich yo mu Budage, Atletico Madrid yo muri Espagne na Aston Villa yo mu Bwongereza afitanye imikoranire na Visit Rwanda nayo yatangiye umwaka w’imikino akina Shampiyona zo mu bihugu byayo.

Muri iyi nkuru Umunota ugiye kugaruka ku cyo abantu bashobora bashobora kwitega kuri aya makipe afitanye imikoranire na Visit Rwanda muri uyu mwaka w’imikino.

Paris Saint Germain (PSG)

PSG yo mu Bufaransa ubu niyo mfura mu makipe y’umupira w’amaguru afitanye imikoranire na Visit Rwanda nyuma y’uko amasezerano na Arsenal arangiye mu mwaka ushize w’imikino, impande zombi zatangiye gukorana muri 2019.

Ikipe ya PSG imaze igihe yitwara neza mu Bufaransa, ariko yafashe n’ikuzo ku ruhando rw’u Burayi mu myaka ibiri itambutse nyuma yo kwegukana ibikombe bibiri bikurikirana bya UEFA Champions League na UEFA Super Cup.

Muri uyu mwaka w’imikino ntabwo PSG yatangiye neza kuko nyuma yo kwegukana UEFA Super Cup itsinze Aston Villa ibitego 2-1, yatakaje igikombe kiruta ibindi mu Bufaransa, Trophée des Champions, itsinzwe na Lens igitego 1-0.

Muri Shampiyona y’u Bufaransa, Ligue 1, PSG y’umutoza Luis Enrique ntiratsinda umukino n’umwe kuko mu mikino 3 imaze gukina, yanganyije ibiri itsindwa umukino umwe.

N’ubwo PSG yatangiye nabi ariko ni ikipe ihora ihabwa amahirwe yo gutwara igikombe cya Shampiyona kuko imaze kugitwara inshuro 5 zikurikirana, n’inshuro 14 muri rusange, biyigira ikipe ya mbere yatwaye ibikombe byinshi bya Shampiyona mu Bufaransa.

PSG nk’ikipe ifite ibikombe bibiri biheruka bya UEFA Champions League, irahabwa amahirwe yo kongera kwitwara neza muri iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo i Burayi.

Mu cyiciro cyo guhatanira imyanya (League Phase) izatangira ihura na Slovan Bratislava yo muri Slovakia ubundi ikine na Manchester City, FC Barcelona, Villareal, AS Roma, Aston Villa, Como na Galatasaray.

Muri uyu mwaka PSG yariyubatse igura abakinnyi 5 bashya barimo Maghnes Akliouche wavuye muri AS Monaco, Ferran Torres wavuye muri FC Barcelona, Mika Godts wavuye muri Ajax, Lucas Digne wavuye muri Aston Villa na Alessandro Longoni wavuye muri AC Milan nk’intizanyo.

Iyi kipe nayo ariko yatakaje abakinnyi barimo Bradley Barcola wagiye muri Liverpool, Gonçalo Ramos wagiye muri AC Milan, Ibrahim Mbaye wagiye muri Aston Villa na Lee Kang-In wagiye muri Atletico Madrid.

Bayern Munich

Bayern Munich yo mu Budage yagiranye amasezerano na Visit Rwanda muri 2023 n’ubwo iyi kipe yaje gusesa ay’ubucuruzi muri 2025, ariko impande zombi zagumye mu bufatanye bwo kuzamura impano z’abakiri bato.

Mu rwego rwo kuzamura impano, iyi kipe yashinze irerero mu Rwanda ndetse ni rimwe mu ryitwara neza mu marushanwa ahuza amarerero y’iyi kipe.

Bayern Munich ni umwami wa Shampiyona y’u Budage, Bundesliga aho imaze kuyitwara inshuro 34 biyigira ikipe ya mbere imaze gutwara nyinshi.

N’uyu mwaka, Bayern Munich y’umutoza Vincent Kompany, yatangiye neza yegukana igikombe kiruta ibindi, DFL-Super Cup, nyuma yo gutsinda Borussia Dortmund ibitego 2-1, ndetse mu mikino 3 ya Shampiyona imaze gukina yatsinzemo ibiri, inganya 1. 

Iyi ni imwe mu makipe ahabwa amahirwe yo kuzegukana UEFA Champions League aho izatangira urugendo rwayo ikina na Bodø/Glimt, ubundi ikine na Viking FK, Arsenal, Atletico Madrid, Lille, Slavia Praha, Manchester United na Real Betis.

Bayern Munich yari yageze muri 1/2 muri UEFA Champions League iheruka aho yasezerewe na Paris Saint Germain ari nayo yatwaye igikombe.

Iyi kipe yasinyishije abakinnyi 3 bashya aribo Ismael Saibari wavuye muri PSV Eindhoven, Nathaniel Brown wavuye muri Eintracht Frankfurt na Bara Sapoko Ndiaye wavuye muri Gambinos Stars.

Iyi kipe yatandukanye na Leon Goretzka na Raphaël Guerreiro bari barangije amasezerano, naho rutahizamu Nicholas Jackson yasubiye muri Chelsea nyuma y’uko umwaka yayikiniye nk’intizanyo wari urangiye.

Atletico Madrid

Atletico Madrid yo muri Espagne yagiranye amasezerano na Visit Rwanda muri 2025, n’Umuyobozi wayo Mukuru (CEO), Miguel Ángel Gil Marín aherutse mu Rwanda mu birori byo Kwita Izina, umwana w’ingagi yamwise Inkera.

Mu mwaka ushize w’imikino, Atletico Madrid yasoreje ku mwanya wa kane ku rutonde rwa Shampiyona, igera muri 1/2 cya UEFA Champions League ndetse yatsindiwe ku mukino wa nyuma w’igikombe kiruta ibindi.

Iyi kipe y’umutoza Diego Simeone ntabwo isanzwe itwara ibikombe byinshi dore ko iheruka gutwara igikombe cya Shampiyona muri 2021.

Mu mikino 4 ya Shampiyona imaze gukina, yatsinzemo imikino 2, inganya umukino 1, itsindwa undi.

Atletico Madrid nayo izakina UEFA Champions League, ikaba izatangira urugendo rwayo ihura na Liverpool, ubundi ikine na Manchester United, Stuttgart, Bayern Munich, Viking FK, PSV Eindhoven,  Bodø/Glimt na Fenerbahçe SK yo muri Turkey.

N’ubwo Atletico Madrid bigoye ko ari ikipe ishobora kubarirwa ku gikombe runaka ariko ni ikipe yiyubatse muri iyi mpeshyi yongeramo abakinnyi bashya basanzwe bamenyereye amarushanwa ku buryo bazayifasha.

Bamwe mu bakinnyi binjiye muri iyi kipe barimo Cristian Romero wari kapiteni wa Tottenham Hotspur, Lee Kang-In wavuye muri PSG, Morten Hjulmand wavuye muri Sporting CP, Alex Grimaldo wavuye muri Bayer Leverkusen na Jonathan David wavuye muri Juventus nk’intizanyo.

Iyi kipe nayo yarekuye abakinnyi barimo Matteo Ruggeri wagiye muri Aston Villa, Nahuel Molina wagiye muri AS Roma, Thiago Almada wagiye muri River Plate na Clément Lenglet wasubiye muri Benfica nyuma y’uko umwaka we w’intizanyo urangiye.

Aston Villa

Aston Villa yo mu Bwongereza niyo bucura mu makipe afitanye imikoranire na Visit Rwanda ndetse niyo kipe yonyine yambara ikirango cya “Visit Rwanda” imbere ku myambaro yayo.

Aston Villa yatwaye igikombe cya UEFA Europa League umwaka ushize, ntabwo yatangiye neza uyu mwaka w’imikino ndetse bishobora gutera impungenge z’uko izitwara.

Iyi kipe y’umutoza Unai Emery ntiratsinda umukino n’umwe kuva uyu mwaka w’imikino watangira, yawutangiye itsindwa na Paris Saint Germain ku mukino wa UEFA Super Cup, ubundi itsindwa na Borussia Mönchengladbach yo mu Budage mu mukino wa gicuti ibitego 2-1.

Aston Villa yatangiye Shampiyona itsindwa ibitego 4-0 na Brighton & Hove Albion, itsindwa na Arsenal igitego 1-0, ubundi inganya na Hull City izamutse uyu mwaka 0-0.

Ntiratsinda igitego na kimwe muri Shampiyona, mu gihe yo yinjijwe ibitego 5.

Muri UEFA Champions League, Aston Villa izatangira urugendo rwayo ihura na Club Brugge yo mu Bubiligi, ubundi ikurikizeho Fenerbahçe SK, Viking FK, FC Barcelona, Galatasaray, Paris Saint Germain, Borussia Dortmund, isoreze kuri Slavia Praha.

N’ubwo itatangiye umwaka w’imikino neza, ariko Aston Villa yagaragaye ku isoko ry’abakinnyi ryo muri iyi mpeshyi igura bamwe mu bakinnyi bifuzwaga n’andi makipe.

Abakinnyi bashya barimo Nicolas Jackson wavuye muri Chelsea, Ibrahim Mbaye wavuye muri PSG, umuzamu Zion Suzuki wavuye muri Parma, Johan Manzambi wavuye muri SC Freiburg, Leon Goretzka wavuye muri Bayern Munich.

Joao Gomes wavuye muri Wolverhampton Wanderers, Aaron Wan-Bissaka wavuye muri West Ham United, Alejandro Garnacho wavuye muri Chelsea na Matteo Ruggeri wavuye muri Atletico Madrid.

Iyi kipe ariko nayo yatakaje abakinnyi bari basanzwe babanza mu kibuga nka Olie Watkins wagiye muri Al Hilal, Morgan Rogers wagiye muri Chelsea, Youri Tielmans wagiye muri Manchester United, Lucas Digne wagiye muri Paris Saint Germain, Ezri Konsa wagiye muri Arsenal na Leon Bailey wagiye muri Olympiakos.

Muri rusange n’ubwo amwe mu makipe afitanye imikoranire n’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda atatangiye neza umwaka w’imikino ariko hari icyizere ko amwe ashobora kuzarangiza umwaka yitwaye neza.

Mu mwaka ushize w’imikino wa 2025-2026 amakipe afitanye imikoranire na Visit Rwanda yitwaye neza atwara ibikombe 9.

Paris Saint Germain yatwaye ibikombe 4 aribyo Shampiyona, UEFA Champions League, UEFA Super Cup na FIFA Intercontinental Cup, Bayern Munich yatwaye ibikombe 3 birimo Shampiyona, DFB-Pokal n’igikombe kiruta ibindi mu Budage.

Photos:

[fluentform id="3"]