sangiza abandi

U Rwanda rwoherereje Congo abaturage bayo babeshye ko bahoze muri FDLR

sangiza abandi

Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, RDRC, yatangaje ko ku wa 29 Nyakanga 2026 yohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Abanye-Congo 39 bari barivuze KO bahoze ari abarwanyi ba FDLR.

RDRC yatangaje ko aba bantu basubijwe muri RDC nyuma y’uko hakozwe igenzura ryimbitse ryagaragaje ko batari bujuje ibisabwa kugira ngo bemererwe gushyirwa muri gahunda y’u Rwanda yo gusubiza mu buzima busanzwe no gufasha abahoze ari abarwanyi gusubira mu buzima busanzwe.

Iki gikorwa cyo kubacyura cyabereye imbere y’itangazamakuru ndetse n’abayobozi b’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga amahoro muri Congo, MONUSCO.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, RDRC yavuze ko ikomeje gushyira imbere uburyo bukomeye bwo kugenzura no kwemeza umwirondoro w’abinjira muri gahunda zayo, mu rwego rwo gukurikiza inzira n’amabwiriza yashyizweho.

Iyi komisiyo yavuze ko kandi ikomeje gukorana n’abafatanyabikorwa bo mu karere no ku rwego mpuzamahanga, mu rwego rwo guteza imbere kubazwa inshingano, ubufatanye bw’ibihugu byo mu karere ndetse n’amahoro arambye.

U Rwanda rwoherereje Congo abaturage bayo bari barabeshye ko bahoze muri FDLR

Photos:

[fluentform id="3"]