sangiza abandi

APR BBC yegukanye Shampiyona ya gatatu yikurikiranya

sangiza abandi

APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ya Basketball nyuma yo gutsinda REG BBC imikino 4-1 mu mikino ya kamarampaka (playoffs) yahuje amakipe yombi.

Umukino wa nyuma wabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 11 Nyakanga 2025 muri BK Arena.

Muri uyu mukino wa gatanu, APR BBC yitwaye neza itsinda REG BBC, ku manota 81-72. Iyi ntsinzi yahise ituma APR BBC yegukana igikombe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Umukino watangiye amakipe yombi agaragaza ubushake bwo kwegukana intsinzi. Agace ka mbere karangiye APR BBC iyoboye n’amanota 17-15.

REG BBC yaje kwigaranzura APR BBC mu gace ka kabiri, igatsinda amanota 20 kuri 18, bituma igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya amanota 35-35.

Mu gace ka gatatu, APR BBC yongeye kuganza irangiza iyoboye ku manota 56-54. Agace ka nyuma kagaragayemo ubudasa bukomeye, aho abakinnyi barimo Ndoye, Adonis Filer na Antino Jackson bafashije APR BBC kongera ikinyuranyo cy’amanota, umukino urangira batsinze 81-72.

APR BBC yahise yegukana igikombe cy’uyu mwaka, ikatisha itike yo kuzaserukira u Rwanda mu Irushanwa Nyafurika rya Basketball, BAL.

Mu bihembo byatanzwe kuri uyu munsi, Umukinnyi wazamutse ku rwego ruhanitse kurusha abandi yabaye Kayondo Eric wa UGB BBC, Umutoza mwiza w’umwaka aba James Maye Jr wa APR BBC, Umukinnyi mwiza wa Shampiyona isanzwe aba Aliou Diarra wa APR BBC mu gihe Umukinnyi mwiza wa Playoffs yabaye Youssoupha Ndoye wa APR BBC.

Uwatsinze amanota menshi muri Shampiyona yabaye Jean Jacques Boissy wa REG BBC, Uwatsinze amanota atatu inshuro nyinshi yabaye Elliot Cole wa Patriots BBC ni mu gihe myugariro mwiza w’umwaka yabaye Garba Chingka Kennedy wa Orion BBC.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]