sangiza abandi

Abanyarwanda bafite akazi bageze kuri 53.8%

sangiza abandi

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), kigaragaza ko umubare w’Abanyarwanda bafite akazi wazamutse ku kigero cya 53.8% muri Gicurasi 2025, uvuye kuri 52.0% waruriho mu gihe nk’icyo mu 2024.

Muri raporo yatangajwe na NISR, yerekana ko Abaturarwanda bafite imyaka 16 kuzamura bageraga kuri miliyoni 8.5. Muri bo, hafi miliyoni 4.5 bafite akazi, mu gihe abarenga gato ibihumbi 710 ari abashomeri ariko bari kugashaka, abasigaye bagera kuri miliyoni 3.2 batari ku isoko ry’umurimo.

Abagabo nibo benshi bafite akazi ku kigero cya 61.7%, kurusha abagore bo bari kuri 46.8%. Gusa imibare igaragaza ko icyuho cyari hagati y’abagabo n’abagore cyagabanutseho 0.9%, aho kiri kuri 14.9%.

Abafite hejuru y’imyaka 31 nibo bafite akazi benshi ku kigero cya 57.4%, ni mu gihe urubyiruko rufite hagati y’imyaka 16 na 30 rufite akazi ku kigero cya 49.1%.

Mu Gicurasi 2025, abari mu isoko ry’umurimo banganaga na 62.2%, bagabanutse ku kigero cya 0.3%, ugereranyije na Gicurasi 2024 aho bari kuri 62.5%. Ahanini byatewe n’izamuka ry’abari hanze y’isoko ry’umurimo, bavuye kuri 37.5% muri Gicurasi 2024 bagera kuri 37.8% mu 2025.

Nubwo ubushomeri bukiri hejuru, ariko imibare igaragaza ko muri Gicurasi 2025, ubushomeri bwari kuri 13.4%, buvuye kuri 16.8% bwariho muri Gicurasi 2024, ari nacyo gipimo kiri hasi ugereranyije na mbere ya COVID-19 (15.0% mu 2019).

Ibipimo by’ubushomeri bigaragaza ko abagore bari kuri 15.3%, abagabo kuri 11.8%, urubyiruko ruri hejuru kuri 15.4%, abakuze kuri 12.1%.

Abafite ubushobozi bwo gukora ariko badakora uko bikwiye bari kuri 57.1%, iki gipimo kiyongereyeho 3.2% ugereranyije na 2024. Iki gipimo cyari hejuru mu bagore (64.3%) kurusha abagabo (49.5%), ndetse n’urubyiruko rwari hejuru gato (57.2%) ugereranyije n’abakuze (57.0%).

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]