sangiza abandi

USA yabujije abaturage bayo gukorera ingendo mu bihugu 21 birimo na RDC

sangiza abandi

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zasabye abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu bihugu 21 byo hirya no hino ku Isi, birimo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera ko hari umutekano muke.

Ni byatangajwe n’ishami rya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rishinzwe ibikorwa bya dipolomasi mu mahanga, aho uru rwego rwagaragaje ko ibihugu 21 bidakwiye gukorerwamo ingendo ku baturage bayo.

Ibihugu Amerika yasabye abaturage bayo kwirinda birimo Afghanistan, Belarus, Burukina faso, Burma, Centrafrique na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Birimo kandi Haiti, Iran, Iraq, Libani, Libya, Mali, Koreya ya Ruguru, uburusiya, Somalia, Sudan y’Epfo, Sudan, Syria, Ukraine, Venezuela na Yamen.

Amerika yamenyesheje abaturage bayo ko kubakumira muri biriya bihugu bishingiye ku kuba ibintu bitifashe neza, ikindi ikaba ifite ubushobozi buke bwo kubatabara mu gihe baba babihuriyemo n’akaga.

 Ati“Gukorera ingendo muri biriya bihugu mwaba muri gushyira ubuzima bwanyu mu kaga.”

Ibi bihugu hafi ya byose bimaze igihe biberamo intambara, bityo akaba ari yo mpamvu Amerika yabujije abaturage bayo kwirinda kubigiriramo ingendo.

Ibi bibaye kandi nyuma y’igihe gito Ishami rishinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Amerika (Bureau of Consular Affairs), ribujije abaturage baryo batuye mu Rwanda gukorera ingendo mu duce twa Rusizi na Rubavu mu Rwanda.

Ishami ryayo rishinzwe Ububanyi n’Amahanga (U.S. Department of State), ryari ryatangaje ko mu bice by’Uburasirazuba bwa RDC, hari imirwano ishobora kuba yafata intera ikagera no mu bice by’u Rwanda, bityo abari mu Rwanda bakirinda gukorera ingendo mu bice bihana imbibi na RDC.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka