sangiza abandi

Dr. Yvan Butera yasobanuye ibijyanye n’urukingo rwa Marburg n’uburyo rutangwa.

sangiza abandi

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Yvan Butera, yasobanuye byinshi kwitangwa ry’urukingo rwa Marburg harimo kuba hazatangwa doze imwe, ndetse hazifashishwa amavuriro ngendanwa mu gutanga uru rukingo.

Mu kiganiro yagiranye na RBA, Dr Yvan Butera yatangaje ko Marburg igira doze imwe. Ati” Doze imwe kuva muri 2018 niyo yakoreshwaga. Ubushakashatsi bwerekanye ko iyo watewe uru rukingo mu minsi 3 umubiri uba ufite ubudahangarwa 70% hanyuma nyuma y’icyumweru umubiri ukaba ufite 95 – 96%.”

Yakomeje avuga ko mu buryo bwo gutanga inkingo hazakoreshwa amavuriro gendanwa. Ni ubwoko bw’imodoka zihariye zishobora gutagirwamo inkingo.  

Avuga ko impamvu yatumye bakoresha ubu buryo ari ukugirango batabangamira gahunda z’ibitaro zisazwe, kandi ko ubu buryo bworoshye kuko izi modoka zizajya zisanga aho abantu aho bari bakingirwe.  

Dr. Yvan Butera yakomeje asobanura ko kwihutura kujya kwa muganga mu gihe wumvise ibimenyetso ugakurikiranwa kare biri mu byavuye abakize Marburg.

Ati” Umuntu wese iyo arwaye akivuza mbere, gukira birihuta. Ni kimwe na Marburg, uwayanduye akabona ibimenyetso akihutira kujya kwivuza cg agahamagara 114 yahise yitabwaho hakiri kare bayikumira itaramuzahaza bimworohera kuba ya kira vuba.”

Yongeyeho ko uru rukingo ruterwa umuntu utarandura Marburg kuko uwayanduye aba afite indi miti imuvura.


Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]