sangiza abandi

Tom Close wamaze gukingirwa arakangurira Abanyarwanda gukaza ingamba zo kwirinda Marburg

sangiza abandi

Umuhanzi akaba n’umuganga Dr. Muyombo Thomas uzwi ku mazina ya Tom Close yageneye ubutumwa abaganga n’abanyarwanda muri rusanjye mu kurwanya ikwirakwira rya virusi ya Marburg yagaragaye mu Rwanda.

Dr. Muyombo Thomas uri mw’itsinda ry’abaganga bashinzwe kurwanya icyorezo cya Marburg, ariko akaba no muba mbere bamaze guhabwa urukingo. Yibukije abaganga ko igikorwa cyo kwitabira gukingirwa virusi ya Marburg ari ingenzi kugirango babashe gukomeza kwita kubayanduye nta nkomyi.

Ati” Nk’umwe mu bari ku ruhembe rw’umuheto mu guhangana n’iyi virusi, ndi mu bafite ibyago bikomeye byo kuba nakwandura. Igikorwa cyo gukingira abakora kwa muganga n’ingenzi kuko gituma dukomeza kwita kubanduye iyi virusi tugabanya ibyago byo kwanduzwa nabo.” 

Mu butumwa bwe yongeye kwibutsa abanyarwanda muri rusanjye gukaza ingamba zo kurwanya icyorezo cya Marburg “Bita kw’isuku, birinda kwegera uwagaragaje ibimenyetso ndetse igihe cyose bamubonye bakihutira guhamagara 114 kugirango ababishinzwe baze bamwiteho.”

U Rwanda rwakiriye doze 700 z’urukingo rwa Marburg ndetse rwatangiye gutangwa tariki ya 7 Ukwakira 2024, bahereye ku baganga bari ku ruhembe rw’imbere mu rugamba rwo kurwanya virusi ya Marburg mu rwego rwo kurinda umutekano wabo. 

Kuri ubu abakiri kuvurwa iyi virusi ni 36, abakize ni umunani naho abamaze kw’itaba Imana ni 12. Aba bakaba bari mu basanganywe virusi ya Marburg mu bipimo 2387 bimaze gufatwa.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]