sangiza abandi

Afrobasketball 2025: U Rwanda rwasezerewe rutarenze itsinda

sangiza abandi

Ikipe y’igihugu y’abagabo muri Basketball yari ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Afrobasketball 2025 riri kubera muri Angola, kuva tariki ya 14, yasezerewe nyuma yo gutakaza imikino yose uko ari itatu, ibi bitari byitezwe n’abafana.

U Rwanda rwari mu itsinda C ruri kumwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cape Verde ndetse na Cote d’Ivoire.

Ikipe y’u Rwanda yari igizwe n’abakinnyi; Ntore Habimana, David Mutabazi, Hagumintwari Steve, Dieudonne Ndizeye, Paul Bizimana, Bruno Shema, Muhizi Prince, Cadeaux de Dieu Furaha, Hason Ward na Prince Twa, Trey Twa na William Robeyns bari bavuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abatoza bari Dr. Cheikh Sarr wungirijwe na Yves Murenzi, Kenny Gasana na Niyomugabo Sunny.

Ku ikubitiro u Rwanda rwahuye na Cote d’Ivoire, mu mukino wabaye tariki ya 14 Kanama, mu mujyi wa Namibe, ubera muri Kilamba Arena, aha akaba ariho haberaaga imikino yose yo mu itsinda A na C. Uyu mukino warangiye Cote d’voire itsinze u Rwanda amanota 78-70.

Umukino wa kabiri wahuje u Rwanda na RDC wabaye tariki ya 15 Kanama, nawo warangiye RDC itsinze u Rwanda ku kinyuranyo cy’amanota arindwi, ku manota 65 ya RDC na 58 y’u Rwanda.

Umukino wa gatatu waraye ubaye ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 17 Kanama, wahuje u Rwanda na Cape Verde nawo waje kurangira ikipe y’u Rwanda itabashije kuhikura, kuko yatsinzwe na Cape Verde amanota 75-62.

U Rwanda rwahise rusezererwa mu mikino ya Afrobasket 2025, rutabashije gutsinda umukino n’umwe.

Photos:

[fluentform id="3"]