Umukinnyi w’ikirangirire mu mukino w’amagare ku Isi, ukomoka mu gihugu cya Slovenia, Tadej Pogačar, yageze i Kigali aho yitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare.
Uyu munya-Slovenia yageze i Kigali, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki ya 17 Nzeri 2025, akaba acumbitse muri Delight Hotel iherereye Gacuriro.
Tadej Pogačar w’imyaka 26 y’amavuko yanditse amateka akomeye mu mukino w’amagare ubwo yegukanaga irushanwa rya ‘Tour de France ryo mu Bufaransa rya 2024, akegukana Giro d’Italia yo mu Butaliyani muri uwo mwaka, akarenzaho na Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2024.
Iyi Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2024, yari yabereye mu gihugu cy’u Busuwisi, yegukanwa na Pogacar ahize abandi ku ntera y’ibilometero 273.9 .
Pogacar ahagarariye igihugu cya Slovenia muri Shampiyona y’Isi y’Amagare, gusa akaba asanzwe akinira ikipe ya UAE Team Emirates yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Yageze mu Rwanda avuye muri Canada aho yari yagiye yitabiriye irushanwa rya Grand Prix Cycliste Montreal, aho yabaye uwa kabiri nyuma ya Brandon McNulty bakinana muri Team UAE.
Ku rundi ruhande, irushanwa risa naryo rya’ Grand Prix Cycliste de Quebec’ ryatwawe na Julien Alaphalippe nawe uri mu bazasiganwa mu Rwanda.
Pogacar yitezweho ko ashobora kongera kwegukana Shampiyona y’Isi y’Amagare bitewe n’uburyo asanganywe ubuhanga, ndetse amenyereye gusiganwa mu misozi, ibi bizamworohereza mu nzira zizamuka.





