sangiza abandi

Perezida Kagame yasuye ahakinirwa Formula 1’Azerbaijan Grand Prix ‘

sangiza abandi

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasuye umuhanda uri gukinirwamo isiganwa rya Formula 1 , Azerbaijan Grand Prix.

Iri siganwa ryabereye mu Mujyi wa Baku, muri icyo gihugu.

Umukuru w’Igihugu ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu i Baku kuva ku wa 19 Nzeri.

Ni uruzinduko rugamije kurushaho kwagura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Kuri iki cyumweru , Perezida Kagame ari kumwe na Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo muri Azerbaijan, Farid Gaibov, basuye umuhanda wa Baku City Circuit, ukinirwamo umukino wa formula 1..

Mu mpera z’iki cyumweru, uyu muhanda wakiriye Azerbaijan Grand Prix, aho yegukanwe na Max Verstappen ukinira Red Bull Racing, uri guhangana no kwisubiza umwanya wa mbere muri uyu mwaka ufitwe na Oscar Piastri ukinira McLaren.
George Russell yafashe umwanya wa Kabiri . Mu gihe Carlos Sainz Jr yabaye uwa Gatatu .

Oscar we yahuye n’ibizazane muri iri siganwa ubwo yakoraga impanuka bituma atitwara neza.

Mu mwaka ushize ni bwo Perezida Kagame yatangaje ku mugaragaro ko u Rwanda rwatanze kandidatire yo kwakira Formula 1 ku nshuro ya mbere muri Afurika mu myaka 32 ishize.

Indi mihanda ya Formula 1 Perezida Kagame yasuye harimo uwa Marina Bay Street Circuit uri muri Singapore na Lusail International Circuit uherereye muri Qatar.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]