sangiza abandi

Kamerhe wari Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Congo yeguye

sangiza abandi

Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye kuri uwo mwanya nyuma yigitutu yari amaze igihe ashyirwaho n’Abadepite bo muri iki gihugu.

Uyu mugabo yakunze kwibasira u Rwanda , aho yashinjaga M23 gutera ivuye mu Rwanda no muri Uganda. Yaranzwe kandi n’amagambo y’urwango yibasira abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

kui ruyu wa mbere tariki ya 22 Nzeri 2025, ni bwo Kamerhe yanditse urwandiko agaragaza ko yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya RDC, kandi avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Uyu mugabo wari umaze igihe kitari kinini kuri uyu mwanya, yeguye nyuma yaho yari amaze igihe gito ashinjwa gucunga nabi umutungo no kubangamira imikorere y’inzego za Leta.

Abadepite barenga 200 bo muri Repubulika iharanira demukarasi ya Congo, bari baherutse gushyira inyandiko hanze isaba kweguza bamwe mu bayobozi b’inteko, ngo usibye visi perezida wa mbere n’uwa kabiri.

Amakuru akavuga ko ibyo byatangijwe n’abadepite bo mu ishyaka riri ku butegetsi rya UDPS, aho bavugaga ko Kamerhe adakwiye gukomeza kuyobora inteko ishinga amategeko, ngo kuko afite ibiganza byanduye.

Uyu mwanya yari yarawugiyeho mu kwezi kwa gatanu umwaka ushize. Gusa ntibwari ubwa mbere Kamerhe ajya kuri uyu mwanya, kuko kandi yawuyoboye muri 2006 kugeza 2009.

Binavugwa ko Kamerhe yakoranye na Mobutu Ses seko, Laurent Desire Kabila, Joseph Kabila n’ubutegetsi buriho kuri uyu munsi.

Amateka avuga ko Kamerhe yinjiye muri politiki mu 1984, akaba yari mu ishyaka rya UDPS, ryari irya Etienne Tshisekedi, se wa perezida Felix Tshisekedi.

Ahagana mu 1990 yatangiye kubona imyanya muri Leta. Kandi ngo nubwo yagiye aba mu mshyaka atavuga rumwe na Mobutu, ariko yari amushyigikiye cyane.

Mu 2018 yafatanyije na perezida Felix Tshisekedi, kuko bivugwa ko yari yaramwemereye ko natsinda azamugira Minisitiri w’intebe, ariko ibi ntibyakozwe. Usibye ko yahise agirwa umukuru w’ibiro by’umukuru w’igihugu.

Mu mwaka wa 2022, Kamerhe yarafunzwe azizwa kunyereza hafi miliyoni 48$ zari zigenewe amacumbi y’abapolisi n’abasirikare.

Ariko bidatinze yaje gufungurwa agirwa umwere, ndetse Perezida Felix Tshisekedi ahita amugira Minisitiri w’ubukungu.

Bivugwa ko Kamerhe abadepite bo mu ishyaka riri ku butegetsi rya UDPS, bashatse kumwirukana kuri uyu mwanya, ngo kuko bamenye neza ko afite gahunda yo kuziyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Ishyaka rye rya UNC, ryo rivuga ko nta kindi UDPS igamije usibye kuvana umuyobozi wayo, Vital Kamerhe muri politiki.

Uyu mugabo ari mubanyapolitiki ba RDC baharabitse u Rwanda, kuko ni umwe wakoze ibishoboka byose mu myaka irenga 30, akaruvugaho ibinyoma, ariko ikigaragara ni uko bishobora kurangira agiye mu butabera.

Photos:

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka