Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo imyaka 18,Urukiko rukuru rwa gisirikare rwo muri iki gihugu rwamukatiye igihano cyo kwicwa nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gukorana n’umutwe wa AFC/M23.
Ahagana isaha z’umugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 Nzeri 2025, nibwo urukiko rw’igisirikare rwasomye urubanza ruregwamo Joseph Kabila, uburanishwa adahari, rumuhanisha igihano cyo kwicwa.
Nkuko uru rukiko rwabitegetse,agomba kwicwa kandi rutegeka ko ahita afatwa ako kanya.
Kabila ashinjwa ibyaha birimo gufata ku ngufu, gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro igamije guhirika ubutegetsi,ubugambanyi,no gushishikariza ibikorwa bigamije intambara.
RD Congo kandi ivuga ko ifite amakuru yuko Joseph Kabila agirana imikoranire ya hafi na AFC/M23 ndetse n’ubutasi bw’u Rwanda, igihugu RDC ifata nk’umwanzi wayo.
Isomwa ryuru rubanza ryamaze amasaha atanu, urukiko ruvuga ko Joseph Kabila ari umunye-Congo, ngo kuko iyo ataza kuba we ntaba yarayoboye iki gihugu, anabe umugaba mukuru w’ingabo za Congo.
Ni mu gihe mu minsi micye ishize ubutegetsi bw’iki gihugu bwamwise umunyamahanga w’umunyarwanda.
Uru rukiko kandi rwamutegetse kuzishyura miliyari 29 z’amadolari kubaregera indishyi barimo Leta ya Congo n’imiryango y’abakorewe ibyaha muri Kivu y’amajyepfo na Kivu y’amajyaruguru.



