Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera aba Ofisiye 632, bari bafite ipeti rya Sous-Lieutenant, abaha ipeti rya Lieutenant.
Ni mu mu itangazo Ingabo z’u Rwanda zashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 4 Ukwakira 2025.
Itangazo rya RDF rivuga ko iki cyemezo kigomba guhita gishyirwa mu bikorwa.
Muri iryo tangazo, nta mazina yatangajwe y’abazamuwe mu ntera.
Gusa ku munsi w’ejo , Perezida kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant ku bagera ku 1029 binjiye mu ngabo z’u Rwanda barimo na Brian Kagame, bucura bwa Perezida kagame na Madamu Jeannette Kagame .








