Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yafashe icyemezo cyo guhagarika mu nshingano Umutoza Mukuru Afhamia Lotfi ndetse n’Umutoza wungirije wa kabiri, Azzouz Lotfi.
Ibi bikubiye mu itangazo yashyize hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 13 Ukwakira 2025.
Aba batoza bahagaritswe ku mpamvu zitasobanuwe muri iri tangazo ariko bivugwa ko zifitanye isano n’umusaruro nkene w’iyi kipe kuva umwaka w’imikino wa 2025/26 watangira.
Mu mikino y’amarushwanwa azwi, Afhamia Lotfi yatoje Rayon Sports imikino 5, irimo ibiri ya CAF Confederation Cup yose yatsinzwe na Singida Black Stars yo muri Tanzania ndetse n’itatu ya Shampiyona yatsinzemo umwe wa Kiyovu Sports 1-0, atsindwa umwe na Police FC igitego 1-0 ndetse anganya na Gasogi United ibitego 2-2.
Ubuyobozi buvuga ko inshingano zo gutegura imikino iri imbere zasigaranywe n’Umutoza wungirije Haruna Ferouz n’abandi bakorana.
Lofti yinjiye muri Rayon Sports mu ntangiriro z’umwaka w’imikino wa 2025/26 avuye muri Mukura Victory Sports.
Kuva muri Nyakanga 2025, ubwo Rayon Sports yatsindaga AS Muhanga mu mukino wa gicuti ibitego 4-0, ni bwo Perezida wayo Twagirayezu Thaddée yaciye amarenga ko atishimiye imitoreze, avuga ko abakinnyi bagiye mu kibuga birwanaho.
Rayon Sports ifite imbere imikino irimo n’uwo izakirwamo na mukeba wayo APR FC ku wa 8 Ugushyingo 2025.
Murera kandi yanatandukanye na Myugariro Nsabimana Aimable ku bwumvikane bw’impande zombi.
Nsabimana yari amaze igihe adakina kuko atasabiwe ‘license’ akaba yari asigaranye umwaka umwe w’amasezerano muri Gikundiro nyuma yo kuyongeramo amasezerano y’imyaka ibiri muri Nyakanga 2024.
Uyu mukinnyi yishyuzaga Rayon Sports miliyoni 5 Frw yatanzweho agurwa n’imishahara y’amezi 6 angana na miliyoni 6 Frw mu gihe Rayon yaba yifuje kumurekura. Ni amafaranga angana na miliyoni 11 Frw.
Mu nama y’ihuriro rya Fan clubs za Rayon Sports iheruka kubera ku Ruyenzi, Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yari yavuze ko Nsabimana afite ibibazo by’imyitwarire ndetse bashobora kumurekura.






