sangiza abandi

Nyuma yo gusinya agahenge FARDC yagabye igitero cya Drone kuri AFC/M23

sangiza abandi

Guverinoma ya Congo nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’ihagarikwa ry’imirwano n’ihuriro rya AFC/M23,yagabye igitero cya Drone mu gice kimwe gicukurwamo amabuye y’agaciro muri Kivu y’Amajyepfo.

Iki gitero kije nyuma yaho kuri uyu wa kabiri tariki ya 14 Ukwakira 2025 mu biganiro by’i Doha bahuriramo n’umutwe wa AFC/M23,impande zombi zashyize umukono ku masezerano yo guhagarika imirwano.

Igitangaje amasaha macye gusa nyuma yo gushyira umukono ku masezerano yo guhagarika imirwano,uruhande rwa leta ya Kinshasa rwateye ibisasu ku baturage no kubirindiro bya AFC/M23 muri Kivu y’amajyepfo.

Ibi bisasu zabiteye ku kigo cya sosiyete icukura amabuye y’agaciro cya Twangiza. Iki kigo kikaba giherereye i Lwihinja muri teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’amajyepfo.

Iki gice AFC/M23 ikaba yarakibohoje mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatatu,nyuma y’aho yari yafashe igice cya Kaziba kiri mu ntera ngufi uvuye i Luhwinja mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Amakuru akagaragaza ko drones n’indege z’intambara za Sukhoi-25 zateye ibisasu kuri kiriya kigo cya sosiyete ya Twangiza, biracyangiza bikomeye.

Amashusho agaragaza umuriro uri kwaka n’umwotsi utumbagira mu kirere kuri amwe mu mazu yayo.

Ibi bikaba byagaragaje ko ubutegetsi bw’i Kinshasa budafite gahunda yo guhagarika imirwano.

Photos:

Amamaza hano

Ads Banner size 842 x 145

Duhamagare

+250787156578

[fluentform id="3"]

Amakuru Aheruka