sangiza abandi

Menya abakinnyi batsindiye ‘Amavubi’ ibitego byinshi

sangiza abandi

Ikipe y’Igihugu cy’u Rwanda ‘Amavubi’, imaze imyaka isaga 38 yereka Abanyarwanda umupira uryoshye. Muri iyi myaka itari mike, Amavubi yanyuzemo abakinnyi benshi batandukanye, bamwe bari bafite impano ziri ku rwego rwiza ndetse batsinze ibitego byanditse amateka mu bihe bitandukanye.

Bamwe mu bamaze imyaka myinshi bareba umupira w’Amavubi, bashobora kuba bibuka bimwe mu bitego byiza byatsinzwe na bamwe mu bakinnyi bakiniye iyi kipe y’Igihugu.

Iyo uteruye icyo kiganiro bamwe barakubwira bati  “Gatete Jimmy niwe watsindiye Amavubi ibitego byinshi”, abandi nabo bati ni Karekezi Olivier, gusa hakaba n’abandi uzumva bakubwira ngo ni Kagere Meddie.

Uyu munsi tugiye kurebera hamwe abakinnyi 10 batsindiye Amavubi ibitego byinshi mu mateka yayo.

10. Hakizimana Muhadjiri

Hakizimana Muhadjiri ubusanzwe avukana n’abakinnyi bakanyujijeho mu ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ aribo Haruna Niyonzima na Sibo Abdul.  

Muhadjiri kuri ubu udaheruka guhamagarwa mu Amavubi, yakiniye iyi kipe imikino 30 kuva mu 2015, muri iyi mikino yatsinzemo ibitego birindwi.

9. Birori Daddy

Birori Daddy amazina ye nyakuri ni Etekiama Agiti Tady, uyu ni umwe mu bakinnyi bakanyujijeho mu ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, kuri ubu akaba akinira ikipe ya  AS Vita Club yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu musore w’imyaka 38 y’amavuko ni Umunyarwanda ariko wavukiye mu cyahoze kitwa Zaire muri RDC, mu myaka 15 ishize yakiniye Amavubi imikino 25, muri yo atsindamo ibitego birindwi.

8. Jimmy Gatete

Biragoye kumva Umunyarwanda utaramenye izina rya Jimmy Gatete. Uyu mukinnyi yakiniye ikipe y’Amavubi ndetse ayatsindira ibitego bitazibagirana.

Uyu mukinnyi kuri ubu uri mu kiruhuko kizabukuru yakiniye Amavubi imikino 41, irimo iyakiniwe imbere mu gihugu no hanze yacyo, muri yo atsindamo ibitego umunani.

7. Said Abed Makasi

Said Abed Makasi ni umwe mu bakinnyi bari inkingi ya mwamba ubwo Amavubi yakatishaga itike yo gukina imikino y’igikombe cya Afurika cya 2004, ari nacyo rukumbi u Rwanda rumaze gukina mu mateka yarwo.

Uyu mukinnyi kuri ubu w’imyaka 43 y’amavuko, yavukiye muri Zaire, akaba yari rutahizamu ndetse yakiniye Amavubi imikino 26, ayatsindamo ibitego icyenda.

6. Sugira Ernest

Sugira Ernest ni umwe muri ba rutahizamu bagize umuriri no gukundwa byagahebuzo mu myaka micye itambutse.

Uyu mukinnyi yigaragaje cyane mu mikino ya CHAN 2016 yabereye mu Rwanda ndetse binatuma ikipe ya AS Vita Club imubenguka ihita imusinyisha.

Sugira Ernest yakiniye Amavubi imikino 36 ndetse muri yo yatsinzemo ibitego 12.

5. Bokota Kamana Labama

Bokota Kamana Labama nawe ni umunye-Congo ariko wagacishijeho mu Rwanda mu makipe akomeye nka APR FC na Rayon Sports ndetse no mu ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.

Uyu mukinnyi waje kwinjira no mu mwuga wo gutoza umupira w’Amaguru, yakiniye Amavubi imikino 33, ayatsindira ibitego 13.

4. Jean Lomami

Jean Lomami ni umwe mu bakinnnyi b’impano ihambaye Amavubi yagize mu myaka 20 ishize, aho yayakiniye kuva mu 2003 kugeza mu 2009.

Uyu rutahizamu yarikumwe n’Amavubi mu mikino y’Igikombe cya Afurika cya 2004. Yakiniye Amavubi igiteranyo k’imikino 26, ayitsindira ibitego 14.

3. Meddie Kagere

Ubukorikori bwe mu gusekesha inshundura bwatumye umunyamakuru rurangiranwa w’imikino muri Tanzania, Baraka Mpeja amubatiza akazina agira ati “uri igifaru cy’Ikinyarwanda” cyangwa se mu rurimi rw’Igiswahili “Kifaru cha Kinyarwanda”.

Uyu rutahizamu ufite inkomoko muri Uganda, kuri ubu ukinira ikipe yo muri Tanzania ya Namungo FC, yakiniye Amavubi kuva mu 2011, akinamo imikino 55, atsindamo ibitego 15.

2. Jacques Tuyisenge

Jacques Tuyisenge ari mu bakanyujijeho mu ikipe y’Amavubi yo mu myaka 15 ishize.

Jakaka nk’uko abafana ba Gormahia yo muri Kenya bamubatije kubera ubuhanga bwe mu kunyeganyeza inshundura, yageze mu Amavubi muri 2009, ayabera kapiteni ndetse yarikumwe nayo mu mikino ya CHAN inshuro eshatu; mu 2009, 2016 na 2021.

Jacques Tuyisenge kuri ubu w’imyaka 36 y’amavuko, yakiniye Amavubi imikino 57, ayatsindira ibitego 16.

1. Karekezi Olivier Dangerman

Karekezi Olivier azwi ku mipira iyunguruye ibyara ibitego, ubuhanga mu gutsindisha amaguru n’umutwe byatumye abagande bamwiboneye n’amaso yabo kuri ‘Namboole Stadium’ mu 2003 bamubatiza akazina ka “Danger Man”.

Uyu munyabigwi wavutse mu 1983, afite amateka akomeye yo kuba yararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo yakinaga ruhago ari umwana, akarokorwa n’uwari umutoza we, yakiniye ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ imikino 70, ayitsindamo ibitego 25.

Photos:

[fluentform id="3"]