Ihuriro ry’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, zakoresheje indege zitagira abapilote za ‘Drones’, zitera ibisasu mu bice bituwe cyane n’abaturage i Nzibira muri Kivu y’Amajyepfo na Mpeti muri Kivu y’Amajyaruguru.
Ni amakuru yatangajwe n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, akoresheje urukuta rwe kuri X, aho yavuze ko ibi bitero byagabwe tariki ya 21 Ukwakira 2025.
Akomeza avuga ko ibi bitero byagabwe ahitwa Mpeti, Nzibira no mu nkengero zaho, kandi ko byahitanye ubuzima bw’abasivili batuye n’abaturiye ibyo bice.
Kanyuka yanaboneyeho kumenyesha abaturage bagizweho ingaruka n’ibi bitero ko AFC/M23 yifatanyije nabo, anabizeza kandi ko igiye gukora ibishoboka byose ikabarinda, anavuga ko ibi bitero bagiye kubirandurira aho bitegurirwa.
Ibi bitero bibaye mu gihe mu minsi mike ishize guverinoma ya Kinshasa na AFC/M23 yashyize umukono ku masezerano agamije gushyiraho urwego rushyinzwe kugenzura no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge kemejwe n’impande zombi kubuhuza bwa Leta ya Qatar.
Ni amasezerano yasinyiwe, i Doha muri Qatar tariki ya 14 Ukwakira 2025, ariko nyuma y’amasaha make gusa ashyizweho umukono, uruhande rwa Leta rwahise rugaba ibitero bikomeye mu bice bigenzurwa na AFC/M23 muri Kivu y’Amajyepfo, ibitero byamaganwe n’iri huriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23.



