Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemereye amakipe atatu yo muri Sudani kuzakina muri Shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2025/2026.
Ni icyemezo cyashyizwe hanze na FERWAFA, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2025.
Amakipe atatu yari yasabye gukina muri Shampiyona y’u Rwanda ndetse akaba yemerewe ni Al Merrikh S.C, Al Hilal S.C na El Ahli SC Wad Medani.
N’ubwo FERWAFA yamaze kwemera ubusabe bw’aya makipe, ivuga ko iki cyemezo gitereje gusa guhabwa umugisha n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, ubundi aya makipe agatangira gukina muri Shampiyona y’u Rwanda.
Aya makipe uko ari atatu azaba abarizwa mu mujyi wa Kigali, kuko ari naho habera imikino isanzwe ya Shampiyona.
FERWAFA ivuga ko ingengabihe ivuguruye izatangazwa vuba kugirango aya makipe nayo atangire gukina.
Mu mwaka w’imikino wa Shampiyona y’u Rwanda, 2025/26, hari hamaze gukinwa imikino ine, aho Police Fc iyoboye urutonde n’amanota 12.
Kwakira amakipe ya Sudani muri Shampiyona y’u Rwanda bizafasha kuyizamurira izina no guteza imbere umupira w’amaguru wo mu Rwanda ku rwego mpuzamahanga.









