sangiza abandi

Rayon Sports yatsinze Marines FC yitegura APR FC

sangiza abandi

Aziz Bassanne wa Rayon Sports yayifashije kwikura imbere ya Marines FC, ayitsinda igitego 1-0, mu mukino w’umunsi wa gatandatu, wa Shampiyona y’u Rwanda ya 2025/2026.

Uyu mukino wabereye kuri Stade Umuganda, mu Karere ka Rubavu, kuri iki Cyumweru tariki ya 2 Ugushyingo 2025.

Ni intsinzi Gikundiro ibonye aho mukeba wayo APR yaraye atsikiye inganya na Rutsiro, ukaba wari umukino ubanziriza uzahuza aya makipe yombi y’abakeba, ku wa Gatandatu, tariki ya 8 Ugushyingo 2025.

Ni umukino Rayon Sports yaje gukina iri ku gitutu cya mukeba, binabanza kuyigora kwinjira mu mukino binajyanye n’icyuho yari ifite mu kibuga hagati, cya Abedi Biramahire utakinnye uyu mukino kubera imvune.

Marines yatanze Gikundiro kwinjira mu mukino yotsa igitutu mu izamu rya Pavelh wababereye ibamba.

Iminota yose y’igice cya mbere yarangiye Marines FC ariyo igerageje uburyo bwinshi bwashoboraga kuvamo igitego ariko itabashije kubyaza umusaruro, mu gihe Rayon Sports yarushwaga bigaragara.

Amakipe yombi yagiye kuruhuka anganya 0-0, gusa mu gice cya kabiri, Rayon Sports yagarukanye umuhate, inakora impinduka Niyonzima Olivier Seif na Harerimana Abdoul-Aziz baha umwanya Tony Kitoga na Ishimwe Fiston, Habimana Yves asimburwa na Adama Bagayogo.

Ni impinduka zafashije Rayon cyane mu buryo bwo kugumana umupira.

Umukino winjiye mu minota 20 ya nyuma, amakipe yombi atarabasha kubona igitego,  aho yakinaga acungana  ndetse umupira ukinirwa cyane mu kibuga hagati.

Kera kabaye, ku munota wa 81, Aziz Bassane yafunguye amazamu , atsindira Rayon Sports igitego ku mupira wari  uhinduwe na Tambwe Gloire.

Ku munota wa 89, Aziz Bassanne yakuwe mu kibuga n’imbangukiragutabara nyuma yo kugira ikibazo.

Igitego cye ni cyo cyakoze ikinyuranyo, umukino urangira Rayon Sports itsinze 1-0, ndetse Aziz Bassanne arangiza ahembwe nk’umukinnyi w’umukino.

Nyuma y’imyaka itatu, Rayon Sports yakuye intsinzi ku nkombe z’i Kivu yakinnye na Marines ibyo yaherukaga mu 2022 ubwo yatsindaga Marines 3-2.

Gikundiro izahura na APR FC ku wa Gatandatu, iraye ku mwanya wa kabiri n’amanota 13, irushwa amanota atatu na Police FC ya mbere. 

Mu yindi mikino yabaye kuri iki cyumweru, Kiyovu Sports yatsinze AS Kigali 3-0

Photos:

[fluentform id="3"]