Umukinnyi wo mu kibuga hagati w’Umunyarwanda, Hakim Sahabo, umaze igihe yirengagizwa mu Ikipe y’Igihugu “Amavubi” yaciye amarenga y’uko akumbuye gukinira u Rwanda.
Yifashishije urukuta rwe rwa Instagram, Sahabo yagiye ahashyirwa ubutumwa bw’amasaha 24 maze asangiza abamukurikira barenga ibihumbi 20, ifoto ye ubwo Amavubi yakinaga na Nigeria muri Werurwe 2025 kuri Stade Amahoro mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, maze ashyiraho ibendera ry’u Rwanda ndetse n’agatima.
Kuva Umutoza Adel Amrouche yahabwa inshingano zo gutoza Amavubi muri Werurwe 2025, uyu musore ari mu bakinnyi batigeze bacana uwaka na we ndetse akaba aheruka mu Ikipe y’Igihugu muri Werurwe 2025.
Izingiro ryo kudahamagarwa rishingiye ku myitwarire ye mibi ashinjwa.
Adel Amrouche yavuze ko nko muri Kamena 2025, Hakim Sahabo yahawe ubutumire bwo gukinira Ikipe y’Igihugu mu mikino ya gicuti yabereye muri Algeria ariko we avuga ko atazaboneka kuko yari mu biruhuko.
Ibi byababaje cyane Amrouche ndetse kuva ubwo yahise afata umwanzuro wo kutazongera kumwiyambaza.
Hakim Sahabo yakinnye umukino wa mbere mu Ikipe y’Igihugu “Amavubi” muri Nzeri 2022. .
Uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko asanzwe akinira Ikipe ya Standard de Liège ikina mu Cyiciro cya Mbere muri Shampiyona y’u Bubiligi.
Sahabo aheruka mu Amavubi muri Werurwe 2025



Hakim Sahabo ni umukinnyi wa Standard de Liège







