sangiza abandi

Ingabire Victoire yabwiye Urukiko ko yafunzwe mu buryo budakurikije amategeko

sangiza abandi

Urukiko rw’Ikirenga ruherereye Kacyiru mu Karere ka Gasabo, Ku wa 12 Ugushyingo 2025, rwaburanishije urubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza, aho agaragaza ko ingingo yashingiweho atabwa muri yombi  inyuranye n’itegeko Nshinga ry’u Rwanda.

Ingabire Victoire yaregeye urukiko ingingo y’amategeko ya 106 yashingiweho atabwa muri yombi.

Iyo ngingo igaragaza ko iyo urukiko rusanze hari impamvu zatuma hakekwa abandi bantu kuba barabaye abafatanyacyaha cyangwa se ari ibyitso by’ukurikiranyweho icyaha, rubahamagaza kugira ngo bagire ibisobanuro batanga muri urwo rubanza.

Ikomeza yerekana ko iyo urukiko rumaze kubaza abahamagawe mu rubanza, rugasanga nta bimenyetso bituma bakekwaho icyaha, rufata icyemezo cyo gukomeza iburanisha batongeye guhamagarwa.

Iyo rusanze ibisobanuro batanze bidahagije kandi urukiko rugasanga hari ibimenyetso bibashinja icyaha, rutegeka Ubushinjacyaha gukora iperereza buhereye ku byagaragajwe mu iburanisha.

Inteko iburanisha yari igizwe iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Domitille Mukantaganzwa, mu gihe umuburanyi yari ahagarariwe n’abavoka 3 barimo Me Gatera Gashabana, Me Bikotwa Bruce na Félicien Gashema.

Me Bikotwa wunganira Ingabire Victoire yavuze ko ubushinjacyaha bufite ububasha bwo gukurikirana umuntu bityo bukamuregera Urukiko.

Aha ni ho ashingira avuga ko Urukiko rwivanze mu bubasha bw’ubushinjacyaha bityo ingingo ya 106 ikaba yica amahame y’Itegeko Nshinga.

Me Gatera Gashabana na we wunganira Victoire yavuze ko ingingo ya 106 ikoreshwa ubu, iha umucamanza ububasha busesuye bwo guhamagaza umuntu mu rubanza ariko akagaragaza ko urukiko rukuru rwa Kigali rwabajije impamvu Ingabire Victoire atigeze abazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi badakoresheje intambara.

Inteko iburanisha yanumvise uruhande ruhagarariye intumwa nkuru ya Leta, bavuga ko ingingo ya 106 ntaho itandukaniye n’iya 121.

Abahagarariye intumwa ya Leta muri uru rubanza, bavuga ko impamvu zatanzwe na Ingabire Victoire nta shingiro zifite bagasaba ko ikirego cye kitakwakirwa n’Urukiko rw’Ikirenga mu kwirinda ko imanza zitazagira iherezo.

Uruhande rw’abahagarariye intumwa nkuru ya Leta bavuze ko ingingo ya 106 ntaho itandukaniye n’iya 121 ko ahubwo ikibazo ari icy’imyandikire ariko ko ibiri mu itegeko ari bimwe.

Ruvuga ko igika cya nyuma cy’ingingo ya 121 giha ububasha umucamanza bwo kwikurikiranira, ntabwo umucamanza ategeka ikizava mu byo umushinjacyaha azakora ahubwo ategereza ibyavuyemo.

Bavuga ko ingingo zose zitegeka kuko ngo urukiko ntirusaba abantu ahubwo rurabategeka.

Inteko iburanisha yanzuye ko urubanza ruzasomwa ku wa 16 Mutarama 2026, saa tatu za mu gitondo.

Ingabire Victoire Umuhoza yatawe muri Kamena uyu mwaka , akurikiranyweho ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi no gutegura ibikorwa bigamije gukurura imvururu muri rubanda.

RIB ivuga ko Ingabire yafashwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cy’Urukiko Rukuru, mu rubanza ruregwamo Sibomana Sylvain na bagenzi be.

Photos:

[fluentform id="3"]