U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda basaga 500 baturuka mu miryango irenga 150, batashye baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Aba Banyarwanda bakiriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Ugushyingo 2025, ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Congo, uzwi nka La Corniche, uherereye mu Karere ka Rubavu.
Aba banyarwanda biganjemo abana n’abagore bakiriwe n’Umuyobozi w’aka Karere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Nzabonimpa Deogratias.
Aba baje biyongera ku imiryango 69 igizwe n’Abanyarwanda 223, nabo baherutse kwakirwa muri ubu buryo, nyuma y’imyaka myinshi batuye mu Burasirazuba bwa RDC.
Imiryango yakirwa ijyanwa mu Nkambi y’agateganyo ya Nyarushishi, iherereye mu Karere ka Rusizi, aho imara igihe gito mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe.
Igikorwa cyo kubacyura gishingiye ku myanzuro yafatiwe mu nama y’u Rwanda, RDC n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), yabereye i Addis Abeba muri Ethiopia, ku wa 24 Nyakanga 2025.
Ni amasezerano agamije gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi kubushake, mu mahoro no mu buryo bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Uretse aya, amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo yasinyiwe i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa 27 Kamena 2025, nayo arimo ingingo yo gufasha impunzi gutahuka ku bushake.
Kuva muri Mutarama 2025, abarenga 5500 bamaze gutaha bavuye mu Burasirazuba bwa Congo, mu gihe guhera mu 2021 abarenga ibihumbi 11 aribo bamaze gutaha.









