Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Maj Gen Alex Kagame, yasabye Inkeragutabara zo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe, Nyanza na Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo gukomeza kwishakamo ibisubizo mu kurwanya ubukene no gusigasira umutekano w’abaturage aho batuye.
Ni ubutumwa yabahaye ubwa bari mu nama yo kungurana ibitekerezo, gukemura ibibazo bitandukanye no kuzisangiza ibyerekeye imishinga y’Ingabo z’u Rwanda, RDF, by’umwihariko iyashyizweho hagamijwe iterambere ryabo.
Major General Kagame yashimye Inkeragutabara kubera ikinyabupfura zikomeza kugaragaza n’uruhare rwabo mu iterambere ry’abaturage.
Yabibukije ko bakwiye kwigira, abashishikariza gukora bishakamo ibisubizo mu kurwanya ubukene, ntibategereze gusa ubwunganizi bwa Leta.
Major General Kagame yashimye Inkeragutabara gukomeza kuba intangarugero mu baturage, abasaba gukomera kugira ikinyabupfura no kwirinda ibyaha, byatuma RDF ibyinjiramo ikabikurikirana.
Yabwiye Inkeragutabara ko u Rwanda rutekanye, abibutsa ko nubwo bari mu kiruhuko cy’izabukuru baba bafite inshingano zo gusigasira umutekano w’abaturage aho batuye no guharanira ko hari icyawuhungabanya.
Iyi nama yakurikiye indi iheruka kubera mu Karere ka Muhanga ku wa 28 Ugushyingo 2025, yari yateguwe mu rwego rwo gushimangira imikoranire hagati y’Ubuyobozi bw’Inkeragutabara n’abahoze mu ngabo mu bice batuyemo mu rwego rwo kungurana inama no kugira ngo ibibazo byaba bihari birusheho kumenyekana no gushakirwa ibisubizo.






