sangiza abandi

Umunyarwanda agiye gukina mu cyiciro kimwe na Lionel Messi

sangiza abandi

Umunyarwanda ukina nka myugariro, Josh Duc Nteziryayo, w’imyaka 17 y’amavuko yamaze kuzamurwa mu ikipe nkuru ya CF. Montreal , yo muri Canada ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Leta Zunze Ubumwe za America, Major League Soccer.

Iyi kipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo , yatangaje ko yazamuye mu ikipe nkuru abakinnyi batanu barimo n’Umunyarwanda, Josh Duc Nteziryayo, uyu musore wakuriye I Terrebonne  ho mu Mujyi wa Montreal muri Canada , akaba yarageze mu ikipe y’abato ya CF Montreal muri 2018 yahawe ikaze mu ikipe nkuru aho yasinye amasezerano y’imyaka 3 ishobora kongerwa biturutse ku musaruro azatanga.

Luca Saputo , Umuyobozi wa CF Montreal, ari na we ushinzwe ibijyanye no kugura abakinnyi muri iyi kipe, mu ijambo rye yatangaje ko ikipe yishimiye kuzamura uyu musore , ndetse ko ubuhanga yerekanye mu mikinire ye aribwo bwahaye ijambo rinini kumusinyisha mu ikipe nkuru.

Ati “uburyo ari mukuru mu mutwe, umwete n’umurava  agira bimwerera kuzamurwa mu ikipe nkuru, Josh yerekana indangagaciro z’ikipe yacu kandi tumufitiye icyizere ko azabasha kugeza impano ye ku rwego ruhambaye”

Nteziryayo wabonye izuba tariki ya 15 Ugushyingo 2008, yakiniye amakipe y’abato ya Canada  mu mikino y’igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 iheruka kubera muri Qatar mu Ugushyingo 2025, ndetse akaba aherutse guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu ya Canada y’abatarengeje imyaka 20 izakina imikino ibiri ya gicuti muri Costa Rica mu mpera z’iki cyumweru.

Uyu musore uzajya yambara nomero 36, agiye gukina muri Shampiyona ikinamo ibikonyozi muri ruhago nka Lionel Messi, Luis Suarez, Jordi Alba, Heung Min Son, Thomas Muller, n’abandi benshi , akaba abaye umukinnyi wa 29 mu mateka  iyi kipe isinyishije imukuye mu bato bayo.

Iradukunda Liliane, Umubyeyi wa Nteziryayo, warikumwe n’uyu musore ubwo yashyiraga umukono kuri aya masezerano, abinyujije ku rukuta rwe rwa X yatangaje ko batewe ishema n’iyi ntambwe yatewe n’umuhungu wabo

Ati “ Dutewe ishema kandi turanyuzwe, Amashyi Josh”’

CF. montreal, ni ikipe yashinzwe mu 1992, ikaba yakirira imikino yayo kuri Stade ya Saputo Stadium ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 19, CF montreal ikaba yaratangiye gukina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Leta Zunze Ubumwe za America mu 2012, mu mwaka w’imikino ushize ikaba yaraje ku mwanya wa 28 mu makipe 30.

CF Montreal yakiniwe n’abamwe mu bakinnyi bafite amazina azwi mu ruhando rwa ruhago ku Isi abo barimo , Umunyabigwi kabuhariwe w’Umufaransa, Thierry Henry kuva mu 2012 – 2014, rurangiranwa Didier Drogba kuva mu 2015 – 2016, ndetse n’abandi batandukanye.

Nteziryayo agiye gukina muri Shampiyona imwe na Lionel Messi

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]