Amasaha arabarirwa ku ntoki ngo umukino w’ishiraniro w’amakipe ahangana kurusha ayandi mu rw’imisozi igihumbi ngo ube.
Ni umukino wa nyuma w’igikombe kiruta ibindi mu Rwanda (Super Cup 2025) uzahuza Rayon Sports FC na APR FC kuri uyu wa gatandatu tariki ya 10 Mutarama 2026 saa 18:30 z’umugoroba.
Twavuga ko ari umukoro ukomeye kuri iyi kipe batazira Gikundiro dore ko itarabasha gutsindira mukeba wayo muri Stade Amahoro ivuguruye kuva zahuriramo bwa mbere ku wa 15 Kamena 2024.
Rayon Sports imaze igihe ititwara neza imbere y’umukeba kuko APR FC imaze kumenyera kuyitsindira muri iyi stade yakira ibihumbi 45 by’abantu bicaye neza.
Twibukiranyije nk’imikino ikurikiranye, APR FC yahatsindiye Rayon, harimo uw’igikombe cy’Amahoro wabaye kuwa 4 Gicurasi 2025 yayitsinzemo 2-0, n’uwa shampiyona wabaye ku wa 8 Ugushyingo 2025 yayitsinzemo 3-0 ari nawo uheruka.
Icyakora n’ubwo muri Shampiyona ndetse n’igikombe cy’amahoro itarabasha kwigaranzura APR FC batazira Gitinyiro, ariko nayo ku gikombe kiruta ibindi bagiye guhatanira kuri iyi nshuro, Rayon Sports yayitsinze inshuro 2 baheruka guhurira kuri iki gikombe, ni ukuvuga icy’umwaka wa 2017 yayitsinzemo ibitego 2-0 ndetse na 2023 ubwo yayitsindaga ibitego 3-0 ari nabwo baheruka kugihuriraho.
Imibare iboneka igaragaza ko uretse izo nshuro ebyiri, baherukaga guhurira kuri iki gikombe mu 2002, ari cyo APR FC iheruka gutwara zahuye, ubwo yayitsiraga ibitego 2-1 kuri stade Regional i Nyamirambo ubu yitiriwe ikirangirire muri ruhago, Pelé.
Aha harimo n’igitego cya Karekezi Olivier uri mu bakomeye ruhago yo mu Rwanda yagize.
Kuki umu-rayon agomba kuza kuri stade atikandagira?
Abakunzi ba Gikundiro bamaze iminsi itari micye bategereje igihe bazongera kwigaranzura umukeba kuko imikino imaze kwihirika ari myinshi bataha bimyiza imoso .
Gusa nanone ku rundi ruhande aba-Rayon bagomba kumenya ko n’ubwo APR FC imaze iminsi ibababaza ariko kuri iki gikombe kiruta ibindi Gikundiro niyo igifiteho ijambo rinini kuruta mukeba.
Icyizere cy’aba-Rayon kuri uyu mukino twavuga ko gishingiye ku mutoza mushya Bruno Maurice Jean Ferry, ndetse n’izindi ntwaro nshya iyi kipe yaguze ku isoko ry’igura n’igurisha rya Mutarama 2026, zirimo Umuzamu Kwizera Olivier, Yannick Bangala Litombo, Aziz Dao, Ramazani Tshimanga Tshilembi,rutahizamu Bienvenu Joachim Vigninou ndetse na Faustin Likau Pizzalo Kitoko ukina hagati mu kibuga nka no 6.
Aba baza biyongera kuri Fall Ngagne wari umaze igihe mu mvune nawe wamaze kugaruka, ndetse n’abandi nka Bigirimana Abedie, mu gihe APR FC yo itigeze irema isoko ry’igura n’igurisha rya Mutarama.
Abakinnyi bose yongeyemo bamaze iminsi mu myitozo hamwe n’abagenzi babo biteguraga uyu mukino.
Ku kijyanye n’ibyangombwa byabo bibemerera guhita bakina, ubuyobozi bw’iyi kipe buvuga ko bamwe muri bo bamaze kubibona mu gihe hari gukorwa ibishoboka ngo n’abandi basigaye babe babibonye mbere y’umukino.
Gutsinda uyu mukino byaba ari ukuvuka bwa kabiri kwa Rayon Sports itarigaragaza kuva umwaka w’imikino wa 2025/2026 watangira, kuko uretse kudatsinda mukeba, ntiri ku mwanya mwiza ku rutonde rwa shampiyona.
Kugeza ubu, mu mikino 14 imaze gukina, iri ku mwanya wa 8 n’amanota 24, irushwa 5 na APR FC ya kabiri ikarushwa 9 na Police FC iruyoboye.
Iyi kipe y’i Nyanza ifitiye umwenda abakunzi bayo wo gutsindira mukeba muri stade Amahoro ivuguruye ndetse babyiteze kuri uyu wa gatandatu saa 18:30 z’umugoroba mu gihe ku rundi ruhande abakunzi ba APR FC bizeye gukomereza mu mujyo wo gukubita mukeba ahababaza.
Mu mikino itanu iheruka ya shampiyona 2025/2026, aya makipe aheruka gukina twavuga ko APR FC ariyo yitwaye neza kuko yatsinzemo imikino itatu inganya ibiri. Mu gihe Rayon sports yatsinzemo imikino itatu, inganya umwe itsindwa umwe.
Muri rusange mu mikino yose aya makipe yahuye kuva yatangira gukina APR FC niyo imaze gutsinda Rayon Sports imikino myinshi, kuko mu mikino 107 bamaze gukina, APR yatsinzemo 46, Rayon itsindamo 32, banganya 29.







