sangiza abandi

Etincelles FC yagize Bizimana Abdou (Bekeni) umutoza nyuma yo kwirukana Masudi Djuma

sangiza abandi

Ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko yirukanye uwari umutoza wayo Masudi Djuma n’abungiriza be bose, ahita asimbuzwa Bizimana Abdou (Bekeni) wari usanzwe ushinzwe Tekinike muri iyi kipe.

Babitangaje mu itangazo iyi kipe yo mu Karere ka Rubavu yanyujije ku rubuga rwayo rwa X, aho bemeje ko uwari umutoza wayo mukuru n’abari bamwungurije birukanwe ku mpamvu z’umusaruro muke.

Ni itangazo rigira riti “Ubuyobozi bwa Etincelles FC bumaze gusezerera abatoza bayo kubera umusaruro muke, ikipe iraba itozwa na Bizimana Abdou (Bekeni) mu gihe hagishakishwa abandi bo kubasimbura”.

Masudi Djuma yari yicariye intebe ishyushye bitewe nuko kubona amanota atatu byari byarabaye inkuru muri iyi kipe ikunzwe kurusha izindi mu Bugoyi.

Muri Shampiyona y’u Rwanda, Etincelles FC yasoje imikino ibanza iri ku mwanya wa nyuma, ifite amanota 11 mu mikino 17 ndetse mu mukino w’Umunsi wa 18 ikaba yaratsinzwe na Mukura VS igitego 1-0, ibyongeye igitutu kuri uyu mutoza w’Umurundi.

Masudi Djuma yageze muri Etincelles FC hagati mu Ukuboza 2025, asanga iyi kipe imaze gukina imikino ibiri itozwa na Lomami Marcel wayitozaga by’agateganyo, nyuma aza kwerekeza muri Rayon Sports.

Kwirukanwa kwa Masudi byatangiye kuvugwa mu mpera z’Ukuboza 2025 , ariko ubuyobozi bwa Etincelles FC bukomeza kumwihanganira kuko ngo yakinaga umukino mwiza ariko kubona urushundura ari ikibazo.

Imbarutso yo kwirukanwa kwa Masudi yabaye Gutsindwa na Mukura VS ku wa Gatandatu kuko ubuyobozi bwa Etincelles FC bwahise bumuhagarika n’abungiriza be bose kugira ngo bubanze busuzume ikibazo kiri gutera umusaruro nkene.

Bekeni uyisigaranye asanzwe amenyerewe cyane muri iyi kipe kuko nubwo yari ashinzwe tekinike ariko we na Etincelles FC bafitanye amateka kuko ni kenshi yayitoje mu bihe bitandukanye ndetse yaherukaga kuyitoza muri Werurwe 2022.

Etincelles FC izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, tariki ya 7 Gashyantare 2026, yakira Musanze FC mu mukino w’Umunsi wa 19 wa Rwanda Premier League.

Photos:

[fluentform id="3"]