Umudage Jermaine Zemke w’imyaka 20 ukinira Rembe Rad-net, yegukanye agace ka gatanu ka Tour du Rwanda, k’ibilometero 82, akoresheje isaha imwe, iminota 44 n’amasegonda 27 (1h44’27’).
Aka gace kakiniwe mu karere ka Rubavu kuri uyu Kane, tariki ya 26 Gashyantare 2026, aho abasiganwa bazengurutse inshuro 9 mu nzira ireshya n’ibilometero 9,2.
Aka gace karimo abakinnyi 75, mu gihe hatangiye 84 abandi bagenda bavamo.
Abasiganwa bagera kuri 45 basoreje rimwe bose bakoresheje igihe kingana n’isaha imwe, iminota 44 n’amasegonda 27 (1h44’27’), abandi baza nyuma gato.
Umudage Jemaine Zemke yasoje intera yose yari yagennwe akoresha isaha imwe, iminota 44 n’amasegonda 27, akurikiwe n’umunya Israel EINHORN Itamar ukinira NSN, wanegukanye agace ka mbere, ku mwanya wa gatatu hasoreje umunya Eritrea, Henok MULUEBERHAN.
Umunyarwanda wasoreje hafi, ni Muhoza Eric ukinira Team Amani wasoreje ku mwanya wa 15. Ni mu gihe Mugisha Moise we yasoreje ku mwanya 25, Tuyizere Etienne ku mwanya wa 33, Niyonkuru Samuel ku mwanya wa 35. Byukusenge Patrick we, yasoje ku mwanya wa 53.
Umudage Kretschy Moritz ukinira NSN Development Team, wari wahagurutse yambaye umwambaro w’umuhondo uhabwa uyoboye abandi ku rutonde rusange, ni we wawugumanye kuko nta wabashije gukuramo ibihe yarushaga abandi.
Kuri uru rutonde rusange rwa Tour du Rwanda 2026, mu duce dutanu tumaze gukinwa, uyu Mudage w’imyaka 23 amaze gukoresha amasaha 15, iminota 47 n’isegonda rimwe (15:47:01). Akurikiwe na ADAMIETZ Johannes nawe w’umudage, usigwaho iminota ibiri n’amasegonda abiri.
Umunya-Ethiopia DESTA Teweldemedhn Amaniel ari ku mwanya wa gatatu, Umubiligi MARIVOET SCHOLIERS Duarte ku mwanya wa kane, mu gihe Umuholandi ZOMERMAAND Jurgen ari ku mwanya wa gatanu.
Ni ku nshuro ya kabiri Agace ka Tour du Rwanda katangiriye ndetse kagasorezwa mu wundi mujyi utari uwa Kigali, kuva mu 2009 ubwo iri rushanwa ryashyirwaga ku rwego mpuzamahanga.
Aka gace kakiniwe mu Karere ka Rubavu kari gafite umwihariko w’uko nta manota yo mu musozi yatanzwe bitewe n’imiterere y’aho kakiniwe higanjemo ahatambika.
Amanota ahatanirwa n’abakinnyi bazi kuvuduka [sprint] yatanzwe inshuro eshatu ndetse abayegukanye bahawe amasegonda azwi nka ‘bonifications’ yakuwe ku bihe bakoresheje nyuma y’isiganwa.
Amanota ya sprint ya mbere yatanzwe abakinnyi bamaze kuzenguruka inshuro enye ku kilometero cya 36,5, aho yegukanywe n’abarimo umunya Eritrea, Mulubrhan Henok.
Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, Team Rwanda, Byukusenge Patrick, yayoboye abasiganwa kuva mu kilometero cya 52, ubwo yacomokaga mu gikundi agasiga abamukurikiye ho amasegonda hagati ya 10-13, ariko baza kongera kumufata ndetse bamucaho ubwo biteguraga kuzenguruka inshuro ya karindwi.
Inshuro 9 zazengurutswe, zarangiye Umudage Jermaine Zemke ahize abandi n’ubwo bakoresheje ibihe bingana.
Mu bakinnyi 75 bataniye aka gace, hasoje 73 gusa, babiri barimo Umunyafurika y’Epfo MASEMOLA Rodney ndetse n’umunya Cote d’Ivoire CISSE Isiaka basezererwa mu isiganwa.
Tour du Rwanda 2026 imaze gukinwa ibilometero 663, izakomeza ku munsi w’ejo abasiganwa bava mu Karere ka Rubavu berekeza i Musanze ku ntera y’ibilometero 84,1.













