Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka muri Zambia byafashe abantu 58 bakekwaho kuba ari abimukira bahaba mu buryo butemewe, barimo abanyarwanda batanu.
Bafatiwe mu mukwabu wabereye mu bice bitandukanye bya Lusaka muri iki Gihugu, ku wa Mbere tariki ya 9 Werurwe 2026.
Nk’uko Umuyobozi mukuru ushinzwe imibanire n’abaturage, Namati Nshinka,yabitangarije ikinyamakuru Sound of Africa dukesha iyi nkuru, icyo gikorwa cyakozwe n’ibiro by’abinjira n’abasohoka, mu duce twa Kamwala, Mtendere, PHI, Kabulonga, Woodlands, Chelstone, Chalala na Chainda.
Yagize ati: “Abafashwe barimo Abarundi 47, Abanyekongo batandatu n’Abanyarwanda batanu, ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamulanga.”
Bwana Nshinka yavuze ko iki igikorwa cyatumye umubare w’abantu bose bafunzwe mu gihugu hagati y’itariki ya 6 n’iya 9 Werurwe 2026 bagera ku bantu 115 bakekwaho kuba ari abimukira mu buryo butemewe n’amategeko.
Hagati aho, Urukiko rwa Mpika rwahamije ibyaha abanyekongo batanu bazira kutigaragariza umukozi ushinzwe abinjira n’abasohoka ubwo binjiraga muri Zambia.
Bwana Nshinka yasobanuye ko abo banyekongo batanu bafashwe ku ya 23 Gashyantare 2026 mu bikorwa bisanzwe by’imikwanu ya Polisi ya Mpika.
Hagati y’itariki ya 6 n’iya 9 Werurwe, urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka rwakuye mu gihugu abimukira 56 batemewe n’amategeko, kandi rwangira kwinjira mu gihugu abantu bane bananiwe kuzuza ibisabwa kugira ngo binjire mu gihugu cya Zambia.
Bwana Nshinka yavuze ko urwego ruzakomeza gukora ibikorwa byo kubahiriza amategeko kugira ngo rwubahirize amategeko agenga abimukira mu gihugu.



