Polisi y’ u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba yishe irashe umugabo ugenda imbere y’abakora ubucuruzi bwa magendu, nyuma yo kurwanya abashinzwe umutekano agakomeretsa umupolisi.
Ni amakuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, SP Twajamahoro Sylvestre, nk’uko yabitangarije B&B Kigali FM.
SP Twahamahoro yavuze ko uyu mugabo (utatangajwe amazina) yarashwe ahagana mu ma saa mbiri z’umugoroba ubwo aba polisi bari bari mu kazi kabo ko kurwanya ubucuruzi bwambukiranya imipaka butemewe.
Ati: “Abantu barwanyije abashinzwe umutekano umwe muri bo araraswa, abandi barafatwa. Abafashwe bagera muri bane, bafatanywe ibicuruzwa bari bambukanye mu buryo butemewe n’amategeko.”
Yakomeje avuga ko abafashwe ubu bafungiye kuri sitasiyo ya Gisenyi, mu gihe umurambo w’uwarashwe wajyanywe mu bitaro bya Gisenyi, umupolisi wakomerekejwe we ajyanwa kwa muganga.
Polisi yibukije abakora ubucuruzi bwambukiranya imipika kujya banyura ahabugenewe ( ku mipaka) kandi bakirinda kurwanya inzego z’umutekano.



